Aline arashaka umukunzi uzamwomora igikomere yatewe n’umusore bigeze gukundanda #RwoT

webrwanda
0


By Doriane Umutoni
Nitwa Umugwaneza Aline mfite imyaka 24 ntuye Kacyiru nkaba nkeneye umukunzi uzankiza igikomere maranye imyaka, nkaba nifuza ko yaba afite imyka itarenze 35. Muri 2017 ubwo nari ndwaje murumuna wanjye kwa muganga nahamenyaniye n’umusore nawe wari urwaje mugenzi we. Twembi twari abarwaza, mu ma salle yegeranye. Tugatizanya ibikoresho ndetse tukihanganishanya. Nyuma y’aho yansabye urukundo mbona ntacyambuza kurumuha. Gusa ntibyatinze kuko naje kumenya ko afite undi mukobwa basanzwe bakundana rero mpita ntandukana nawe. Hashize iminsi ansaba ko duhura njyayo mbona ko ari kunsaba kuzakomezanya nawe mbese ambwira ko uwo mukobwa w’undi barekanye twahise twongera turakundana.
Ntihaciye kabiri azana n’undi ndabimenya kandi nanamenyako agikururukana na wawundi wa mbere noneho niyemeza kujya mbyihanganira wa mukobwa wa mbere aho yakoraga baje kumwirukana ajya gukora mu ntara umusore nawe bamwimurira Nyagatare akaba ariho musura. Ni ukuri yankoreye byinshi bibi nkihangana ariko nyuma yarahindutse mbona ntakimpamagara biranyobera namuhamagara akanyihorera akabikora abishatse. nafashe urugendo njya kumusura njyezeyo nsanga aryamanye n’umukobwa uwo mukobwa araza arandeba aransuzugura ndetse aranantuka cyane nahise ntaha ndi kurira kuva ubwo ndahira ko ntazongera gukunda. Ubu rero ndumva nshaka kongera gukunda niyo mpamvu nkeneye umukunzi wankiza igikomere natewe n’uwo musore.
Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)