Kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, yashimiye
Abanyatanzaniya kuba batambara agapfukamunwa mu ruhame, bigaragaza mu bundi
buryo buhangayikishije bwo kutubahiriza byimazeyo amabwiriza yo kurwanya
Coronavirus yashyizweho n’umiryango wita k’ubuzima ku isi (OMS). Perezida Magufuli
ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abantu i Dodoma, yatangiriye abashimira ku kuba
batambaye udupfukamunwa, akomeza anenga abatwambara avuga ko ari tubi cyane ugereranije
n’amabere yataye isura. Yagize ati:Ubwo Coronavirus yatangiraga, bavuze ko tuzakusanya
imirambo mu mihanda ariko twasenze iminsi itatu gusa none Coronavirusi yarashize.
Muri Dar es Salaam hari abarwayi bane gusa. Iyo ndebye kuri iyi mbaga, nshimishijwe no kubona
mutambaye kiriya kintu (agapfukamunwa). Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko aherutse
kuntangaza mbona yicaye wenyine ku ntebe ya Perezida w’inteko ariko yambaye
agapfukamunwa, reka twige kwiringira Imana.
Perezida John Pombe Magufuli yihanangirije abenegihugu bose mu gihugu kwanga no
kumenyesha umuntu wese utanga udupfukamunwa tw’ubuntu, avuga ko abanzi b’igihugu
bateganya gukwirakwiza virusi binyuze muri utwo dupfukamunwa twandujwe, ati:
Ndashaka kubaburira ko bumwe mu buryo bashobora gukoresha mu gukwirakwiza corona ari
ukwanduza udupfukamunwa bakazibazanira. Reka twige gukara, niba umuntu aguhaye
agapfukamunwa, kange umubwire ajye kukambara iwe hamwe n’umugore n’abana be,
hari abantu bashaka kutuvangira. Niba ugomba kukambara, kora akawe murugo.
Nabwiye abayobozi ba leta gufata umuntu wese bazabona akwirakwiza udupfukamunwa
kugira ngo batubwire aho twagenzuriwe. Ni ikihe gitangaje kuri icyo kintu (agapfukamunwa)
kandi gisa n’ibere rimwe ryaciwe ku mubiri.
Bivugwa ko Tanzania ifite umubare mwinshi w’abanduye coronavirus, ariko guverinoma ya
John Pombe Magufuli yatangaje ko yatsinze iyi virusi nubwo yanze gutangaza amakuru kuri
Covid19. Muri iki gihugu, amakuru ku bijyanye n’iyi ndwara aheruka gushyirwa ahagaragara
ku mugaragaro kuwa 29 Mata 2020.
Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-magufuli-yashimiye-abaturage-ba-tanzania-kutambara-agapfukamunwa
Abanyatanzaniya kuba batambara agapfukamunwa mu ruhame, bigaragaza mu bundi
buryo buhangayikishije bwo kutubahiriza byimazeyo amabwiriza yo kurwanya
Coronavirus yashyizweho n’umiryango wita k’ubuzima ku isi (OMS). Perezida Magufuli
ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abantu i Dodoma, yatangiriye abashimira ku kuba
batambaye udupfukamunwa, akomeza anenga abatwambara avuga ko ari tubi cyane ugereranije
n’amabere yataye isura. Yagize ati:Ubwo Coronavirus yatangiraga, bavuze ko tuzakusanya
imirambo mu mihanda ariko twasenze iminsi itatu gusa none Coronavirusi yarashize.
Muri Dar es Salaam hari abarwayi bane gusa. Iyo ndebye kuri iyi mbaga, nshimishijwe no kubona
mutambaye kiriya kintu (agapfukamunwa). Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko aherutse
kuntangaza mbona yicaye wenyine ku ntebe ya Perezida w’inteko ariko yambaye
agapfukamunwa, reka twige kwiringira Imana.
Perezida John Pombe Magufuli yihanangirije abenegihugu bose mu gihugu kwanga no
kumenyesha umuntu wese utanga udupfukamunwa tw’ubuntu, avuga ko abanzi b’igihugu
bateganya gukwirakwiza virusi binyuze muri utwo dupfukamunwa twandujwe, ati:
Ndashaka kubaburira ko bumwe mu buryo bashobora gukoresha mu gukwirakwiza corona ari
ukwanduza udupfukamunwa bakazibazanira. Reka twige gukara, niba umuntu aguhaye
agapfukamunwa, kange umubwire ajye kukambara iwe hamwe n’umugore n’abana be,
hari abantu bashaka kutuvangira. Niba ugomba kukambara, kora akawe murugo.
Nabwiye abayobozi ba leta gufata umuntu wese bazabona akwirakwiza udupfukamunwa
kugira ngo batubwire aho twagenzuriwe. Ni ikihe gitangaje kuri icyo kintu (agapfukamunwa)
kandi gisa n’ibere rimwe ryaciwe ku mubiri.
Bivugwa ko Tanzania ifite umubare mwinshi w’abanduye coronavirus, ariko guverinoma ya
John Pombe Magufuli yatangaje ko yatsinze iyi virusi nubwo yanze gutangaza amakuru kuri
Covid19. Muri iki gihugu, amakuru ku bijyanye n’iyi ndwara aheruka gushyirwa ahagaragara
ku mugaragaro kuwa 29 Mata 2020.
Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-magufuli-yashimiye-abaturage-ba-tanzania-kutambara-agapfukamunwa