Uyu mugabo yabeshye ko umugore we yapfuye ngo atajyanwa muri gereza:INKURU

webrwanda
0

mugabo wo muri Leta ya Virginia n’umugabo we babeshye ko uwo mugore yaburiwe irengero kugira ngo atajyanwa muri gereza ku byaha yari akurikiranyweho.

Julie Wheeler n’umugabo we Rodney Wheeler batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo no kubeshya Polisi.

Polisi ivuga ko Julie Wheeler byatangajwe ko yaburiwe irengero, bikorwa n’umugabo we n’umwana wabo w’imyaka 17.

Uwo muryango wavuze ko yabuze ku cyumweru kandi ko yaba yarahanutse ahantu mu mugezi wa Grandview Overlook. Abayobozi bahise batangira kumushakisha, kuwa Kabiri bamusanga yihishe aho babika imyenda mu rugo rwe.

Polisi ivuga ko Rodney Wheeler n’umuhungu we bagiye ku mugezi wa Grandview Overlook bakahashyira ibintu, bagaragaza ko ariho Julie yaburiye kandi babeshya.

Julie Wheeler yapanze kwiburisha nyuma y’aho muri Gashyantare uyu mwaka atangijweho iperereza ku ivuriro rye ryakoraga binyuranyije n’amategeko. Tariki 17 Kamena uyu mwaka nibwo urubanza rwe kuby’iryo vuriro ruzasomwa. Ni icyaha gishobora gutuma ajya muri gereza ari nayo mpamvu yagihungaga.

Julie n’umugabo we Rodney bakurikiranyweho kubeshya ko uwo mugore yabuze

POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

 82 total views,  82 views today

The post Uyu mugabo yabeshye ko umugore we yapfuye ngo atajyanwa muri gereza:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.



source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/08/uyu-mugabo-yabeshye-ko-umugore-we-yapfuye-ngo-atajyanwa-muri-gerezainkuru/
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)