Rubavu: Amayobera ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu nzu yahiye - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nkurunziza Faustin, yabwiye IGIHE ko bishoboka ko nyakwigendera yaba yahiriye mu nzu bitewe n’imbabura kuko hahiye icyumba cye.

Ati “Uyu mugore akomoka muri Ngororero, yibanaga wenyine mu nzu muri iki gitondo nibwo byamenyekanye ko yahiye arakongoka ariko inzu ntiwamenya ko yahiye, uko twe twabibonye twasanze mu cyumba cye hari imbabura hamwe n’uburiri biracyekwa ko ashobora kuba yaryamye iyo mbabura akaba ariyo itwika uburiri kuko nibwo bwahiye n’ibiri mu cyumba cye kuko inzu yo nta n’amashanyarazi arimo kandi ntiyanahiye hahiye mu cyumba cye’’

Yakomeje asaba abaturage kwitandukanya n’ibishobora guteza impanuka kuko ngo bidakwiye ko umuntu yararana n’imbabura.

Abaturanyi b’uyu mugore baganiriye na IGIHE bavuze ko ashobora kuba yishwe hanyuma bakamutwikana n’uburiri bwe kuko ngo mu bigaragara inzu nta kibazo yagize.

Kugeza ubu Urwego rw’iIgihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane mu by’ukuri icyahitanye uyu mugore.

Iyi nzu niyo uyu mugore yahiriyemo, uyirebeye inyuma nta kimenyetso kigaragaza ko yahiye



source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-amayobera-ku-rupfu-rw-umugore-wasanzwe-mu-nzu-yahiye
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)