Akaga yahuriye nako muri Guma mu rugo katumye ava mu nzu ye ajya kwibera mu ihema #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu musore wahuye n'ibyago byisukiranya muri Guma mu rugo ikomeje mu Bwongereza,yamaze ibyumweru 8 aba mu ihema kubera ko yari amaze kubura byose nk'ingata imenye.

Uyu mugabo wari usanzwe ashyira amakaro mu nzu,yabujijwe kujya ku kazi kubera iyi Covid-19,ariyo mpamvu yagombaga kujya kubana na se gusa nawe yari arwaye byatumye atemererwa kujyayo biba ngombwa ko ashinga ihema aribamo.

Uyu mugabo yatandukanye n'umugore we ndetse n'aka kazi kamuhembaga ibihumbi 4 by'amapawundi ku kwezi gahagarikwa na Covid-19.

Jackson ntiyari afite amafaranga yo kwishyura icumbi,byatumye ajya kwibera mu ihema yamazemo amezi 2.

Yabwiye Devon Live ati 'Nashatse inzu y'icyumba kimwe ariko nsanga irahenze cyane,ntabwo nari kubasha kuyishyura ku nguzanyo ya kaminuza.

Iyo nza kwishyura iyo nzu nari kumara ibyumweru 3 merewe nabi.Ntabwo nari kubigurana ubuzima bwanjye.

Nashakaga akazi nakorera kuri mudasobwa ariko ntabwo byankundiye.Ntabwo nashoboraga kubana na papa mu nzu imwe ariyo mpamvu nashinze ihema inyuma y'idirishya ry'inzu ya Papa.'

Uyu mugabo yabaga mu ihema ariko ikirere gishyushye cyane ariko se yajyaga amutiza ubwogero inshuro nke bamaze kubutera umuti gusa ngo byabasabaga imbaraga nyinshi.

Uyu musore yabonaga ibyokurya abihawe na se nabwo abinyujije mu idirishya kugira ngo atamwanduza.



Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/akaga-yahuriye-nako-muri-guma-mu-rugo-katumye-ava-mu-nzu-ye-ajya-kwibera-mu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)