Jurgen Klopp yapfushije nyina umubyara abura uko ajya kumushyingura #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Jurgen Klopp w'imyaka 53 yahishuye inkuru y'urupfu rwa nyina mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Schwarzwalder Bote.

Yagize ati 'Yari asobanuye buri kimwe kuri njyewe.Yari umubyeyi mwiza muri buri kimwe cyose ku isi.Nk'umukiristo,nizeye ko ubu ari mu mwanya mwiza.

Impamvu ntagiye kumushyingura n'ukubera ibihe bibi isi irimo.Ubwo ibintu bizaba byabaye byiza tuzategura uburyo bwiza bwo kumwibuka.'

Uyu niwe mubyeyi wenyine Klopp yari asigaranye kuko se Norbert yatabarutse mu mwaka wa 2000 ubwo yari afite imyaka 66 azize uburwayi.Ababyeyi b'uyu mutoza babanye imyaka 40.

Ubudage bwahagaritse ingendo zose z'abantu bava mu Bwongereza mu rwego rwo gukumira Covid-19 y'ubundi bwoko yahagaragaye.

Jurgen Klopp aheruka yaherukaga guhura n'umubyeyi we mu mwaka ushize ubwo yizihizaga isabukuru y'imyaka 80.

Umubyeyi wa Klopp yatabarutse kuwa 19 Mutarama uyu mwaka kandi yagize uruhare runini mu kumufasha kuzamuka mu butoza yaba muri Borussia Dortmund na FSV Mainz 05.

Kuva Jurgen yagera mu Bwongereza muri 2015, yatwaye Premier League na Champions League.

Uyu mugabo niwe muto mu bana 3 bavukana barimo uwitwa Stefanie na Isolde.

Mu myaka yashize,Jurgen yatangaje ko nta kintu cyamubabaje nko kuba se yarapfuye atamubonye atoza kuko yapfuye uyu mutoza wa Liverpool abura amezi 4 ngo atangire akazi.



Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/jurgen-klopp-yapfushije-nyina-umubyara-abura-uko-ajya-kumushyingura

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)