Nyamagabe: Ababyeyi batewe impungenge n’abanyeshuri bibasiwe n’impiswi -

webrwanda
0

Abo babyeyi babwiye IGIHE ko iyo ndwara yatangiye kwibasira abana babo mu ntangiriro za Gashyantare 2021, batangira guhitwa no kwituma amaraso, bamwe muri bo bajyanwa mu bitaro ndetse hashyirwaho n’itsinda ry’abaganga ryaje gukurikiranira abandi mu kigo.

Umwe mu babyeyi ati “Abana benshi barwaye diarrhée bakituma amaraso ku buryo hari n’abajyanywe mu bitaro barembye. Amakuru mfite ni uko biterwa n’umwanda kandi n’umwana wacu yarayirwaye. Ntabwo abana tubasha kubageraho kuko bitemewe kubera iki cyorezo cya Coronavirus cyateye.”

Abo babyeyi bifuza ko hafatwa ingamba zikomeye kuri icyo kibazo kandi bagahabwa amakuru arambuye ku mibereho y’abana babo kuko bivugwa ko hari n’uwo iyo ndwara yahitanye.

Umwe mu bakozi b’icyo kigo cy’ishuri utifuje ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru yabwiye IGIHE ko abana barwaye diarrhée bagera kuri 94 kandi bakurikiranwe baravurwa.

Ati “Ikibazo cyabayeho abana barwara diarrhée ariko Akarere kahise kohereza itsinda ry’abaganga riza gukurikirana ikibazo. Abarwaye ni abakowa 55 n’abahungu 45. Kuri ubu abana bagarutse mu kigo kandi bameze neza.”

Yakomeje avuga ko muri icyo kigo cy’ishuri hakajijwe ingamba z’isuku n’isukura haba mu gikoni, aho barara n’ubwiherero ndetse bafata n’ingamba zo kujya babaha amazi yo kunywa atetse.

Yavuze ko abanyeshuri bose bahiga bahawe ibinini by’inzoka mu rwego rwo kubavura no kubarinda indwara zituruka ku mwanda ndetse bigishwa no kujya bagira isuku cyane cyane bakaraba intoki igihe bavuye mu bwiherero n’igihe bagiye kurya.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure, yabwiye IGIHE ko ikibazo kiri muri iryo shuri cyakurikiranwe kandi kuri ubu abana bameze neza.

Ati” Nk’akarere dufatanyije n’Ibitaro bya Kigeme twakurikiranye ibibazo byose biri muri ES Sumba kandi tubizi neza. Tukaba twarasanze ari ibibazo bisanzwe kandi nta gikuba gihari.”

Yahumurije ababyeyi avuga ko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyohereje itsinda riza kugenzura ibyavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ko muri iryo shuri haba hateye icyorezo cya chorela.

Ati “Ikindi na RBC yohereje itsinda ryo kugenzura ibyavuzwe ku mbuga nkoranyambaga. Dutegereje raporo yayo kuko igenzura ryarangiye none.”

Mu Karere ka Nyamagabe hakunze kugaragara indwara ziterwa n’umwanda. Mu Ukubazo 2020 imibare yatanzwe n’inzego z’ubuzima yagaragaje ko mu mezi 11 ashize y’uwo mwaka abantu 119.013 bagannye ibitaro bya Kigeme n’ibya Kaduha barwaye indwara ziterwa n’isuku nke.

Mu 2019 muri ako karere kateye indwara y’ibiheri byo ku ruhu aho uwayanduye yazana ibintu bitumbye bimeze nk’ibirimo amashyira agahina umuriro.

Itsinda ry'abaganga ryo ku Bitaro bya Kigeme ryafashije mu gukurikirana ikibazo cy'indwara muri ES Sumba

[email protected]




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)