Umugore w'imyaka 29 yashakanye n'umugabo umurusha imyaka 51 ahishura ikintu gikomeye [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mugore yabwiye abacitse ururondogoro kubera inkuru y'urukundo rwe n'uyu musaza ko nta kidasanzwe ku rukundo rwabo.

Aba bombi bahuriye ku kinyamakuru cyo mu gace k'iwabo,uyu mugore Terzel yakoreraga.

Uyu mugore usigaye yiga amategeko,yavuze ko bombi bagihura bahise bakundana urukundo rwabo rutangira gukura.

Nubwo Wilson afite umwana urusha imyaka 30 umugore we Terzel,imiryango yabo yashyigikiye urukundo rwabo bombi aho bavuze ko icy'ingenzi ari uko bombi bishima.

Terzel yagize ati 'Ababyeyi banjye bakunda Wilson kuko papa yishimiye cyane ibyo ashobora kumpa nk'umugore we kandi yahoraga yifuza ko nabana n'umugabo unduta kandi unyitaho.

Abakobwa ba Wilson banyakiriye neza cyane ndetse baranyubaha nubwo bandushaga imyaka myinshi.Bari bazi ko se atazongera kuba wenyine kandi nibyo byari iby'ingenzi.

Uyu mugore yavuze ko badafite gahunda yo kubyara abana ariko ngo biramutse bibaye mu buryo bw'impanuka babyakira.

Ati 'Iyo bigeze ku gutera akabariro,Wilson aritonda cyane ndetse aranshimisha cyane iyo twageze aho bikomeye.

Abasore bakiri bato bakunda kwikunda iyo bigeze mu gutera akabariro ariko ndishimye cyane kuba mfite umugabo.

Turakundana cyane nkuko abandi bantu bakunda abo bashakanye.Nta giteye isoni kirimo.'

Uyu mugore Terzel yavuze ko umugabo we Wilson arusha imyaka 24 nyina ndetse ngo bahura bwa mbere,buri wese yamurikiye undi.

Ababyeyi ba Terzel bahaye umugisha urukundo rwabo bituma bashyingiranwa muri 2017 hanyuma umukobwa wa Wilson w'imyaka 56 ababera umuhamya.

Aba bombi barabana ndetse Wilson niwe urihira uyu mugore we amashuri.Terzel yavuze ko atigeze ajya mu rukundo rw'igihe kirekire mbere yo kubana n'uyu musaza bashakanye nyuma y'amezi 3 bahuye.






Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugore-w-imyaka-29-yashakanye-n-umugabo-umurusha-imyaka-51-ahishura-ikintu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)