Umuhanzikazi wabanye n'inyamaswa imyaka 5 yose yavuze ko atazi Clarisse Karasira| Yanavuze bimwe mu byo abantu batamenye ku Nzovu no ku Ntare – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Meliane Unesha, wakoze muri pariki y'Akagera mu gihe kingana n'imyaka 5 yose yavuze ko atazi Clarisse Karasira ndetse anavuga byinshi mu byo abantu batamenye ku nzovu ndetse n'intare. Ibi Meliane yabivugiye imbere ya camera za Afrimax Tv yagiranye ikiganiro nawe biciye kuri YouTube. Meliane usanzwe ari n'umuhanzikazi nyarwanda mu njyana ya gakondo yavuze ku bijyanye n'umuziki we aho yavuze ko yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Arankunda ndetse anavuga ko umuhanzi Cyusa ari mu bo akunda ndetse afata nk'ikitegererezo mu njyana ya gakondo. Meliane yavuze ko umuhanzikazi Clarisse Karasira atamuzi bitangaza cyane umunyamakuru wa Afrimax Tv. Meliane kandi yaririmbiye abafana be muri iki kiganiro zimwe mu ndirimbo ze arizo Mukamo udakama ndetse na Arankunda ari nayo ndirimbo nshya ya Arankunda.

Ku bijyanye nuko yabanye n'inyamaswa, Meliane yavuze ko yabanye n'inyamaswa mu gihe kingana n'imyaka 5 ubwo yakoraga muri pariki y'Akagera. Meliane yagize icyo avuga ku nzovu aho yavuze ko ari imwe mu nyamaswa 5 nini ku isi. Yavuze ko ipima ibiro bingana na toni 6 avuga ko itajya isinzira kuko ifite ubwonko bufite ibice bibiri (iyo igice kimwe kirushye kirekeraho gukora ikindi kigakora). Meliane yavuze ko inzovu inywa litiro 100 z'amazi buri munsi. Meliane kandi wabanye n'Intare muri pariki y'Akagera yavuze byinshi kuri zo aho yavuze ko ziri mu nyamaswa 5 nini ku isi ndetse anavuga ko intare zigira ubunebwe cyane kuko zisinzira amasaha 20 zigakora amasaha 4 gusa. Meliane yavuze kandi ko intare z'ingore arizo zijya guhiga zikazanira ingabo gusa ingabo zishobora gutabara nabwo aho rwakomeye.

Like this:

Like Loading...



Source : https://yegob.rw/umuhanzikazi-wabanye-ninyamaswa-imyaka-5-yose-yavuze-ko-atazi-clarisse-karasira-yanavuze-bimwe-mu-byo-abantu-batamenye-ku-nzovu-no-ku-ntare/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)