Umukobwa w'uburanga yasaze yirukanka mu muhanda nyuma yo kubenga umusore wamurihiye Kaminuza|Isomo rikomeye kuri benshi(VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukobwa w'uburanga n'ikimero cyiza yafashwe n'ibisazi yirukanka mu muhanda yambaye uko yavutse nyuma yo kwihenura ku uwari umukunzi we ndetse wanamufashije kwiga Kaminuza amurihira buri kimwe.Ndetse baremeranyije ko nasoza amasomo bazabana nyamara akaza kumubenga.

Ibi byabereye mu gihugu cya Ghana, aho inkumi itagira uko isa yafashwe amashusho ,yambaye ubusa buri buri bitewe no kubenga umukunzi we.Nyuma y'aho uyu mukobwa yari arangije kaminuza ariko akaba yarabeshye umugabo ko bazabana maze uwo mugabo akamurihira kaminuza ndetse akamuha nibindi byose yari akeneye mu buzima busanzwe.

Muri ayo mashusho umukobwa uteye neza agaragara yambaye ubusa neza neza, mu muhanda rwa gati mu mujyi ndetse abamuzi bakemeza ko aribwo ibisazi bikimufata nta gihe kinini abimaranye. Uyu mugabo kuko yari yarabwiwe n'uyu mukobwa ko bazabana arangije kwiga ngo yari yarabereye uyu mukobwa nk'umubyeyi we kuko yamuhaye byose kuva mu mashuri yisumbuye kugeza muri kaminuza.

Uyu mukobwa akimara kurangiza kaminuza ngo yavuze ko ataberanye (adakwiranye) n'uyu mugabo kuko yamufataga nk'aho ari mukuru kuri we maze ajya kwishakira udusore duto bangana.

 

Ibi rero bamwe muri iyi minsi ntibabiha agaciro kandi mu by'ukuri nta muntu wakwihanganira guhara ibyo yagutanzeho cyane ko ntacy'ubu cy'ubusa ,isomo ni ukwirinda kuba ba bihemu no gusohoza amasezerano twagiranye n'abantu.

Like this:

Like Loading...



Source : https://yegob.rw/umukobwa-wuburanga-yasaze-yirukanka-mu-muhanda-nyuma-yo-kubenga-umusore-wamurihiye-kaminuzaisomo-rikomeye-kuri-benshivideo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)