BK yifatanyije n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore -

webrwanda
0

Abagore bo mu Murenge wa Kinyinya, Akagari ka Gacuriro bibumbiye mu Muryango Rwanda Women Network ni bo Banki ya Kigali yasangiye na bo ku wa mbere tariki 8 Werurwe 2021 mu rwego rwo kubafasha nk’abagizweho ingaruka na COVID-19.

Ubusanzwe, Rwanda Women Network igizwe n’abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakora ibijyanye n’ubukorikori birimo kuboha uduseke no gukora imbabura za kijyambere.

BK yahisemo kwifatanya n’imiryango 100 iri muri Rwanda Women Network ibagenera ibiribwa binyuranye ndetse inabishyurira ubwisungane mu kwivuza (mituweli) mu mwaka wa 2021/2022.

Umwe mu bagize Rwanda Women Network, Mukamurangwa Laurence, yavuze ko kubona ibiribwa bagenewe na BK bigiye kubafasha kwagura ibyo bakora.

Ati “Bigiye kudufasha kwizigamira no kubasha gushora mu bikorwa by’ubucuruzi. Amafaranga nagombaga kujya guhahisha biriya byo kuntunga umuryango wanjye ndayashora nyacuruze noneho n’inyungu zibe nyinshi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Twagirayezu Alfred, yashimiye BK ku gikorwa yatekereje.

Ati “Ndagira ngo nshimire BK n’ubuyobozi bwayo. Uyu ni umunsi udasanzwe wo gushyigikira umugore. Ubufasha BK itanze burafasha gukomeza kwiteza imbere. BK ni umufatanyabikorwa mwiza kandi ndahamya ko tuzakomeza kuzuzanya, dushishikariza abagore bacu gufunguza konti muri BK kugira ngo bagume kwiteza imbere.”

Yavuze ko ubusanzwe umugore muri uwo Murenge aza ku isonga kandi afatwa nk’umutima w’urugo, yemeza ko aho ava akagera ashyigikiwe n’ubuyobozi.

Umuyobozi ushinzwe Serivisi z’Abakiliya muri Banki ya Kigali, Ngabire Rose, yavuze ko bahisemo gukorana n’abagize Rwanda Women Network kuko bagizweho ingaruka na COVID-19.

Ati “Ni umunsi BK yizihiza buri mwaka, ariko noneho uyu munsi twahisemo kuza aha. Turabizi ko bagezweho n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 cyatumye ibikorwa byabo bitajya ku isoko ndetse babura abaguzi. Twahisemo ko mu bikorwa byose twajyaga dukora kuri uyu munsi twabafasha.”

“Kuza kubasura ni ukubibutsa ko mu ntambwe nto bafite bazakomeza gukora ibikorwa byabo na banki igakomeza kubaba hafi mu kubaha inama z’ijyanye n’uko bakwiteza imbere ndetse tukabaha n’inguzanyo bityo ibikorwa byabo bigakomeza gutera imbere.”

Umuryango Rwanda Women Network washinzwe mu 2003 n’abagore 20 ugamije komora ibikomere basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kongera kubaremamo icyizere cyo kubaho. Ubu bageze ku miryango 100 kandi n’ibikorwa byabo byagiye byaguka.

Byari ibyishimo ku miryango yahawe ubufasha
BK yatanze ibiribwa birimo umuceli, akawunga, amavuta n'ibishyimbo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Gacuriro, Kayitesi Redempta, yashimiye ubufasha bwahawe abagore bo muri aka gace
Umuyobozi ushinzwe Serivisi z’Abakiliya muri Banki ya Kigali, Ngabire Rose, asobanura impamvu bahisemo gukorana na Rwanda Women Network
Abahawe ibiribwa bishimiye ubufasha bahawe na BK, bavuga ko bizabafasha kwizigamira kuko ayo bari gukoresha babigura bazajya bayakoresha mu bindi bikorwa bibyara inyungu
Mukamurangwa Laurence ni umwe mu bahawe ubufasha na BK

Amafoto: Niyonzima Moise




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)