Bugesera: Umusore yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye -

webrwanda
0

Kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Werurwe 2021 nibwo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata hasanzwe umurambo wa Nsabimana Jean Paul w’imyaka 25 amanitse yapfuye.

Amakuru agera kuri IGIHE ni uko uyu musore yari yirirwanye n’inshuti ze nazo zikaza gutungurwa no kubyuka zumva inkuru y’uko yapfuye.

Umuvugizi w’umusigire w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko umurambo w’uyu musore wajyanywe muri laboratwari kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

Ati “Bamusanze amanitse mu kibuga bikekwa ko yiyahuye byamenyekanye mu rukerera RIB ikaba yageze aho byabereye kandi yakusanyije ibimenyetso. Umurambo uri bujyanwe muri Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, kugira ngo ukorerwe isuzuma rigamije kugaragaza icyaba cyateye urupfu.”

Dr Murangira B. Thierry yakomeje yihanganisha umuryango wabuze uwabo, asaba abaturage kwirinda ibihuha biri guhwihwiswa ku bijyanye n’urupfu rw’uyu musore bagategereza ibizava mu iperereza.

Ni agahinda ku nshuti n'abavandimwe b'uyu musore



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)