Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise 'Mama' ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw'ababyeyi ngo abana babeho neza. #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi wo mu njyana gakondo Cyusa Ibrahim yasohoye indirimbo igaruka cyane ku babyeyi b'abamama uburyo ari intwali ndetse n'urukundo bagaragariza abana babo mu gihe cyo kubyiruka.

Mu kiganiro twagiranye n'uyu muhanzi umaze kwamamara cyane mu njyana gakondo yavuze ko ari indirimbo yahimbiye ababyeyi muri rusange, yagize ati 'Ni indirimbo nahimbiye ababyeyi muri rusange; mvuga ubutwari bwabo, ukwigomwa kwabo kugirango tubeho neza twe abana'.

Iyi ndirimbo kandi Cyusa avuga ko ayituye ababyeyi b'aba mama bakora umurimo wo kurera abana babo batari kumwe n'abyeyi b'abagabo, ati 'Nyituye ababyeyi bakora umurimo wo kuba se w'umwana akaba na nyina w'umwana (single mother)'.

Iyi ndirimbo yita ku butwari bw'ababyeyi b'aba mama isohotse mbere y'uko kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Werurwe ari umunsi mpuzamahanga w'umugore.

Uyu muhanzi ashyize hanze iyi ndirimbo nyuma y'izindi yagiye amenyekanamo harimo Marebe, Umwiza yafatanyije na Riderman, Umubabaro ndetse n'imparamba.

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Mama' ya Cyusa Ibrahim:

The post Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise 'Mama' ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw'ababyeyi ngo abana babeho neza. appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/cyusa-ibrahim-yashyize-ahagaragara-indirimbo-nshya-yise-mama-ivuga-ubutwari-ndetse-no-kwigomwa-kwababyeyi-ngo-abana-babeho-neza/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)