Nyaruguru: Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima akurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 8 Frw -

webrwanda
0

Ayo mafaranga bivugwa ko yayanyereje mu 2019 ubwo yayoboraga icyo Kigo Nderabuzima giherereye mu Murenge wa Rusenge.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, yabwiye IGIHE ko yatahuwe ko yanyereje ayo mafaranga nyuma y’igenzura ryakozwe.

Ati “Igenzura ryabaye muri uku kwezi gushize naho umutungo akekwaho kurigisa yawurugishije igihe yari akikiyobora mu 2019. Ayo akekwaho kurigisa ni 8.000.679 Frw. ubu twamushyikirije RIB y’Akarere ka Nyaruguru.”

Habitegeko yavuze ko igenzura risanzwe rikorwa kandi rizakomeza mu rwego rwo gutahura abanyereza umutungo wa Leta.

Ati “Ubutumwa naha abakozi n’abayobozi ni ukurya akagabuye bakirinda gufata umutungo w’abaturage; umutungo wa Leta bashinzwe bakawucunga neza, bakirinda kuwunyereza bagahazwa n’ibyo bagenerwa.”

Mu karere ka Nyaruguru haheruka gutabwa muri yombi abayobozi n’abakozi batandukanye bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Leta n’ibyagenewe abaturage.

Uheruka ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho wakekwagaho kunyereza Miliyoni 30 Frw yari ateganyirijwe kubaka ibyumba by’amashuri watawe muri yombi muri Mutarama 2021.

Mbere yaho mu 2020 hatawe muri yombi abandi bayobozi batandukanye barimo ba agoronome mu mirenge ya Ruheru, Nyabimata na Kivu; Gitifu w’Umurenge wa Kivu; Gitifu w’Akarere ka Nyaruguru; Umukozi ushinzwe ibikorwa rusange mu Karere, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima wabanje kuba ukuriye akana gashinzwe amasoko n’umukozi ushinzwe amakoperative mu Murenge wa Kivu.

Abo bose bakekwagaho kunyereza umutungo wa Leta, ruswa no kurigisa ifumbire n’ishwagara byagenewe abahinzi.

[email protected]




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)