RwandAir yatangiye gukingira abakozi bayo -

webrwanda
0

Byitezwe ko abakozi ba RwandAir bose, barimo abapoliti, abakora mu ndege n’abandi bakozi bazakingirwa muri iyi gahunda, nka bamwe mu bantu bakora umurimo w’ingenzi cyane ku gihugu.

Mbere y’ikingira, RwandAir yari kimwe mu bigo bitwara abantu mu ndege cyashimiwe cyane uburyo cyakomeje gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, yaba ku bakozi bacyo ndetse no mu buryo bw’isukura imbere mu ndege hakoreshejwe imiti yabugenewe, hakiyongeraho uburyo bwo gutanga amakuru agaragaraza uko icyorezo gihagaze mu byerekezo iki kigo gikoreramo ingendo ku Isi.

Kugeza kuri uyu wa Mbere, u Rwanda rwari rumaze gutanga inkingo zigera ku 208 677 mu gihe cy’iminsi ine gusa, bikaba byaragezweho bitewe n’imyiteguro ikomeye yari yakozwe na mbere y’uko inkingo zigera mu gihugu, aho ibikorwa byose kugeza ku mazina y’abazihabwa, byose byamaze gutegurwa.

Uretse RwandAir, ibindi bigo bikomeye bitwara abantu mu ndege na byo byahagurukiye gukingira abakozi babyo ku bwinshi, ndetse ibirimo Etihad Airways byamaze gukingira abakozi bose.

Urukingo ku bakora mu bigo bitwara abantu mu ndege ni ingenzi cyane kuko iki cyiciro cy’ingendo ari kimwe mu byitezweho gufata iya mbere mu kuzahura ubukungu bw’Isi bwazahajwe na Coronavirus, binyuze mu kongera guteza imbere ibikorwa by’ubukerarugendo n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Mu minsi iri imbere kandi, byitezwe ko umuntu uzajya wemererwa gukora ingendo zo mu kirere ari uzajya aba yagaragaje icyemezo cy’uko yakingiwe Coronavirus.

Abakozi ba RwandAir batangiye gukingirwa Coronavirus
Abakozi b'ibyiciro byose bazakingirwa
Ibikorwa byo gukingira abakozi ba RwandAir byakozwe kuri uyu wa Mbere

Amafoto: RwandAir




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)