Umuhanzikazi Cassandra yatangaje ko yifuza umugabo. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu muhanzikazi nyarwanda yavuze ko yifuza umugabo cyane ndetse avuga ko yifuza kurushinga. Izina Cassandra ryatangiye kumenyekana mu mwaka wa 2018 mu matwi y'abanyarwanda ubwo yakoraga indirimbo yatumye aba ikimenyabose, iyo akaba ari 'Nturi My Type' yakoranye na MUKADAF. Nyuma yaho yakoze iyitwa 'Nkunda indi' yatumye akomeza guhangwa amaso n'indi yise 'Saa Sita' yakoranye na AMA G THE BLACK.

Aganira na InyaRwanda Tv kuri Youtube, Cassandra yasobanuye impamvu yari amaze kwishimirwa n'abanyarwanda nyuma agahita abura, asobanura ko byamugoye cyane nk'umuntu utari ufite abamwunganira mu muziki (management Team). Uyu muhanzikazi yanahishuye ko afite ifemba ryo kuba yashinga urugo.Ati:' ntiwibagirwe ko ndi single and searching '.

Reba ikiganiro kirambuye kuri inyaRwanda TV:

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/umuhanzikazi-cassandra-yatangaje-ko-yifuza-umugabo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)