Umusore mwiza yapfuye by'amayobera| Danny yababaje benshi| Imana imwakire

webrwanda
0

Urupfu rw'umusore w'imyaka 25 witwa Danny rwababaje benshi barimo abaturanyi be, abo mu muryango we ndetse n'abandi bamumenye. Iyi nkuru yacicikanye mu gitondo cyo ku munsi w'ejo tariki ya 08 Werurwe 2021. ISIMBI Tv yaganirije abaturanyi ba Danny bavuga ko uyu musore yabanaga neza na buri wese ndetse ko ku cyumweru tariki ya 07 Werurwe yari yakinanye na bagenzi be umupira ku kibuga cy'umupira baturanye ari nacyo yasanzweho aho yari amanitse ku ipoto mu rukerera rwo ku ya 08 Werurwe 2021. Abaturanyi ba Danny bakomeza bemeza ko uyu musore ashobora kuba yishwe kuko mu buzima busanzwe Danny nta muntu yagiranaga nawe ikibazo.

Danny

Amakuru ahari  umugore wa Danny (kuri ubu uri muri leta zunze ubumwe za Amerika) akimara kumva amakuru ko Danny yitabye Imana yahise ajya muri coma dore ko yari amutwitiye inda y'amezi 6. Danny yitabye Imana mu gihe yiteguraga kujya muri leta zunze ubumwe za Amerika gusangayo umugore we. Imana imwakire mu bayo!

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/umusore-mwiza-yapfuye-byamayobera-danny-yababaje-benshi-yasanzwe-amanitswe/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)