Birababaje :Umusore mwiza ukomerewe cyane||yarihebye yumva ko agomba gutegereza akipfira. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusore witwa Hagenimana Ezechiel ukomoka mu ntara y'iburasizuba yarihebye cyane  nyuma y'uburwayi bw'umutima bwamufashe bukamutera gutakaza uburyo yavugaga nyuma yo kuva muri coma ndetse akabura n'uburyo bwo kwivuza.

Muri Nyakanga 2020 nibwo uyu musore yarwaye mu buryo butunguranye, aho yajyanwe kwa muganga yaguye muri coma,abaganga bo mu bitaro by'Umwami Faisal nibo bemeje ko arwaye indwara y'umutima kandi ko agomba kubagwa.Uyu musore utabasha kuvuga neza ,atangaza ko yabanje kuba umwarimu  nyuma atangira gukora muri VSO RWANDA , aho yabandikiye akabasaba ubufasha ,gusa ngo bamusubiza ko nta bufasha bamuha.Kuri ubu kwa muganga bamubwiye ko kugirango akire bizasaba ko ajyanwa mu Buhinde kuvagwa umutima.Ministeri y'Ubuzima ikaba yaramwemereye ubufasha bwo kuzamuha itike y'indege no kwishyura imiti ariko ibindi byose ,birimo uburyo bw'imibereho n'umurwaza bakazabyishyurira nk'uko umurwaza we Ndikumana Marcel banakoranye ndetse umuba hafi yabitangarije Ukwezi TV.

Yaboneyeho no gusaba uwaba afite umutima w'impuhwe ko yanyuza inkunga ye kuri numero +250783086058 ibaruye kuri Ndikumana Marcel.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/birababaje-umusore-mwiza-ukomerewe-cyaneyarihebye-yumva-ko-agomba-gutegereza-akipfira/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)