Nkundabanyanga wahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Inkiko Gacaca yatawe muri yombi -

webrwanda
0

Uyu mugore yahamijwe ibyaha nyuma y’uko bigaragaye ko yagabye Abatutsi bamuhungiyeho mu bihe bya Jenoside mu 1994, maze bamwe muri bo bakaza kwicwa n’Interahamwe.

Kubera ibi byaha, Nkundabanyanga yaje guhamywa n’Urukiko Gacaca rwo mu Murenge Gatenga wo mu Karere ka Kicukiro kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, maze kuwa 24 Ugushyingo 2007, akatirwa igifungo cy’imyaka 30 adahari.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu mukecuru yari yarahungiye muri Kenya, aho bivugwa ko yamaze imyaka irindwi yihishe, nyuma akaza kugaruka mu Rwanda nyuma yo kumva ko abana be bari kwitegura kugurisha isambu ye.

Mu kwihisha ubutabera, uyu mukecuru yari yarahinduye umwirondoro we, kuko mbere yahoze yitwa Nyirankundabanyanga, ariko akaza kurihindura akiyita Nkundabanyanga.

Uyu mukecuru wavutse mu 1948, ni mwene Kabujije Charles na Nyirambonera Suzanne, akaba yari atuye Gatenga ya Kicukiro, ari naho yahamirijwe ibyaha n’Urukiko Gacaca rwaho.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)