Iruka ry'ikirunga ritumye umukino wa Marine F... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Amakipe yombi yari yamaze kwitegura gusa muri iki igitondo ubwo Rutsiro FC yari igiye kwipimisha Covid-19 yabwiwe ko nta mukino uhari kubera Sitade itari buboneke.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo ikirunga cya Nyiragongo cyatangiye kuruka ndetse byagize ingaruka ku baturage baturiye hafi y'ikirunga, byatumye bamwe bahitamo guhungira mu Rwanda, dore ko byageze mu masaha y'igicuku u Rwanda rumaze kwakira impunzi zisaga 3,000 kandi abenshi bahise babashyira muri sitade Umuganda.

Mu gihe izi mpunzi hataraboneka aho zimurirwa, Sitade Umuganda yagombaga kuberaho umukino wa Rutsiro FC yakirwa na Marine wabaye usubitswe.

Amakuru InyaRwanda.com dukesha umunyamabanga wa Rutsiro FC Nsanzimfura Jean Damascène, yadutangarije ko umukino wabo bari bafitanye na Marine, FERWAFA yababwiye ko wasubitswe ndetse bagomba kubanza kumenya amaherezo y'ikibazo bakazababwira igihe uyu mukino uzasubukurirwa.

Rutsiro yazamutse mu itsinda B ari iya kabiri ndetse Marine izamuka mu itsinda D ari iya mbere n'amanota 13, zikaba zagombaga guhura mu mukino wazo wa mbere mu mateka ya Shampiyona y'u Rwanda.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/105871/iruka-ryikirunga-ritumye-umukino-wa-marine-fc-na-rutsiro-fc-usubikwa-105871.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)