Mu ibanga rikomeye cyane Thacien Titus n' umugore we bibereye i Dubai ku mucanga barebana akana ko mu jisho, Amafoto #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi Thacien Titus wamenyekanye cyane mu indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, we n' umugore we bari kubarizwa kumugabane wa Azia , i Dubai barebana akana ko mu jisho.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gicurasi 2021, nibwo uyu muhanzi Titus yashyize amafoto kurubuga rwa WhatsApp kuri stutus yiwe agaragaza ko yishimye cyane we n' umugore ubona agatwenge arikose , barebana akana ko mu jisho ubona ko hagatiyabo urukundo ruri kugurumana.

Uyu muhanzi Titus umunyamakuru wa Impanuro.rw yagerageje ku mubaza ibyo yagiye gukorera Dubai ntiyagira icyo amutangariza. Gusa amakuru ahari nuko uyu muhanzi ashobora kuba yagiye mubikorwa by' umuziki kuko dusanzwe tumumenyereye mu indirimbo zaririmbiwe Imana kandi zakunzwe n' imbaga nyamwinshi hirya no hino mu Rwanda. Andi makuru ahari nuko aba bombi basanzwe ari abacuruzi bakomeye hano mu Rwanda , dore ko impamvu ibi tubivuze nuko uyu muhanzi yari ahagaze ku ma modoka atwara imizigo niyo mpamvu tutashidikanya y' uko nabyo biri mubyaba byabajyanye aho i Dubai. Gusa nanone uyu muhanzi igihe yagira icyo aza gutangariza iki kinyamakuru tuzakibamenyesha mu nkuru yacu itaha.

Umuhanzi Thatien Titus yize amashuri yisumbuye i Kibogora,akaba yaratangiye kuririmba  mu mwaka wa 2005 ,asohora indirimbo ze bwa mbere zivuye muri studio mu mwaka wa 2011.

Thacien Titus umwaka wa 2019 akaba yarashyize hanze umuzingo w'indirimbo(Album) we wa gatatu witwa Ntituzayoba,ugizwe n'indirimbo nka Nshyigikira,Ntituzayoba,Biraruta mbere n'izindi.

Umugore wa Titus nawe ari kumucanga

Titus ntiyigeze agira icyo atangariza umunyamakuru wa Impanuro.rw

Ibyishimo nibyose kuri Thacien Titus


Aba bombi bamaze igihe kinini babana nk' umugore n' umugabo



Source : https://impanuro.rw/2021/05/22/mu-ibanga-rikomeye-cyane-thacien-titus-n-umugore-we-bibereye-i-dubai-ku-mucanga-barebana-akana-ko-mu-jisho-amafoto/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)