Ubukwe bwa Meddy bwitabiriwe na benshi mu byamamare byo mu Rwanda_Amafoto #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi w'umunyarwanda Ngabo Medard yaraye akoze ubukwe n'umukunzi we Mimi mu birori biryoheye ijisho byitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye.ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Gicurasi 2021.

Ubu bukwe bwabereye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu Mujyi wa Dallas aho Meddy asanzwe atuye.

Ni umunsi udasanzwe kuri uyu musore wakunzwe na benshi kubera ijwi rye, ariko kandi wari utegerejwe n'abantu batari bake. Ubukwe bwa Meddy bwabimburiwe no gusezerana imbere y'amategeko nyuma hakurikiraho kwiyakira no kwishimira iyi ntambwe Meddy n'umukunzi we bateye.

Ubu bukwe bwagaragayemo abanyamuziki benshi barimo King James umaze iminsi mike yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, K8 Kavuyo, Emmy, Adrien Misigaro, The Ben, Shaffy, n'abandi.

Ibirori by'ubukwe bwa Meddy byaranzwe no kuririmba indirimbo zitandukanye haba ize, ndetse n'iz'abandi bahanzi bari bagiye kumushyigikira.Byitezwe ko nyuma y'ubu bukwe abageni bazajya kwiyerekana mu miryango yabo, mu Rwanda na Ethiopia.



Source : https://impanuro.rw/2021/05/23/ubukwe-bwa-meddy-bwitabiriwe-na-benshi-mu-byamamare-byo-mu-rwanda_amafoto/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)