Yanyonzwe ashinjwa kwica, none hagaragaye ibimenyetso by’ukekwa ko ariwe mwicanyi w’ukuri -

webrwanda
0

Mbere y’uko uyu mugabo yicwa mu 2017 yabwiye BBC ati “Amagambo mvuze mu gupfa kwanjye azahoraho, nk’uko nakomeje kubivuga: Ndi inzirakarengane.”

Nyuma y’imyaka ine Ledell akatawe urwo gupfa aho byavugwaga ko ari we wishe Debra Reese mu 1993, abunganizi mu mategeko b’umuryango wa Ledell Lee bavuze ko ku ntwaro yicishijwe Reese hagaragaye ibimenyetso by’isanomuzi, DNA bidahuye n’ibya Ledell wahamijwe kumwica akanabyishyurira ubuzima bwe, ibi bikaba byongeye kuzamura ibibazo bishya ku kuba uyu mugabo yarahamijwe icyaha arengana.

Uwari umwavoka wa Lee witwa Lee Short yabwiye CNN ati “Ntekereza ko iyo hagaragara ibi bimenyetso mbere y’uko Lee yicwa, ubu aba akiriho.”

Abunganizi mu mategeko b’umuryango wa Ledell Lee bavuga ko ari agahomamunwa kubona umuntu yakwicwa ahamijwe icyaha nta bimenyetso simusiga byabanje kugaragazwa.

Ibisubizo byavuye mu bizamini byakorewe mu misatsi itandatu yakuwe ahakorewe ibyaha, amaraso yabonetse ku ishati y’umweru yasanzwe yari aho, n’utundi tunyangingo tw’ubuzima twabonetse ku ntwaro yicishijwe Reese byose nta gihamya kigaragaza ko bifite aho bihuriye na Ledell Lee.

Ibizamini bya DNA byafashwe muri Mutarama 2020 nyuma y’aho aba bunganizi batitirije ubuyobozi babusaba ko hakorwa iryo suzuma kugira ngo umuryango wa Ledell ubeho utekanye kandi uzi ukuri kuzuye ku birebana n’ikirego cyagejeje uwabo ku kubura ubuzima aho ibisubizo by’iri suzuma byabonetse mu kwezi gushize.

Byari byasabwe mbere ko hakorwa ibyo bizamini ariko ubucamanza burabyanga buvuga ko ntacyo byendaga guhindura ku mwanzuro wafashwe.

Umwe mu bacamanza baburanishaga icyo kirego, Herbert Wright, yashimangiye ko yemeranya n’umwanzuro wafashwe.

Ati “Mu buryo bwuzuye ndahamanya n’icyemezo cy’inteko iburanisha ndetse n’imyanzuro y’inkiko.”

Ledell Lee yanyonzwe mu 2017, kugeza ku mwuka we wa nyuma yavugaga ko arengana



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)