Abarimo Ngirabatware wahoze ari Minisitiri bahamijwe ibyaha byo gusuzugura urukiko - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ngirabatware yakatiwe iki gifungo cy’imyaka ibiri [kiyongera ku gifungo cy’imyaka 30 yari yarakatiwe azira ibyaha bya Jenoside no gushishikariza abantu gukora Jenoside] muri dosiye ahuriyemo n’abarimo Nzabonimpa Anselme, Ndagijimana Jean de Dieu na Fatuma Marie Rose.

Umucamanza Vagn Joensen ukomoka muri Denmark yavuze ko barenze ku mabwiriza y’urukiko bagashyira igitutu ku batangabuhamya hagamijwe ko bahindura imvugo zabo, mu rubanza bashinjwagamo ibyaha bya Jenoside.

Uretse Ngirabatware wakatiwe imyaka ibiri, abandi barimo Nzabonimpa, Ndagijimana na Fatuma bakatiwe igifungo cy’amezi 11 bafunzwe mbere yo gutangira kuburanishwa.

Ku wa 20 Ukuboza 2012 ni bwo Ngirabatware yahamijwe ibyaha bya Jenoside, yongera guhamwa n’ibyaha mu bujurire ku wa 18 Ukuboza 2014.

Mu iburanisha rya Ngirabatware, hagaragayemo abatangabuhamya b’Ubushinjacyaha ari nabwo bwagaragarije urukiko ko mu gushaka gusubirishamo urubanza, yashatse uko abiyegereza kandi bitemewe, bahabwa amafaranga menshi ngo bahindure imvugo bityo arekurwe nk’umwere.

Ibyo wamenya kuri Ngirabatware

Ibyaha Ngirabatware yahamijwe birimo gutegura, kugira uruhare no gushishikariza Interahamwe z’aho avuka mu yahoze ari Komini Nyamyumba muri Perefegitura ya Gisenyi kwica Abatutsi bari batuye aho ngaho.

Ngirabatware ngo yatanze intwaro ku Nterahamwe, anazikangurira gutsemba Abatutsi. Ikindi kandi izo Nterahamwe zafashe ku ngufu abagore b’Abatutsikazi nk’uko byari byarateguwe na guverinoma yari iriho kandi na Ngirabatware akaba yari Minisitiri icyo gihe na we akabigiramo uruhare.

Ngirabatware Augustin afite Impamyabushobozi y’Ikirenga (PhD) mu Bukungu yakuye muri Kaminuza ya Fribourg mu Busuwisi, guhera mu 1986 akaba yari umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, mu 1990-1994 akaba yari Minisitiri w’Igenamigambi.

Nyuma ya Jenoside ari mu buhungiro yakoze mu bigo binyuranye muri Gabon no mu Bufaransa. Yafatiwe mu Budage ku wa 17 Nzeri 2007, aka ari mu biganza by’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha kuva ku wa 8 Ukwakira 2008. Urubanza rwe rwatangiye ku wa 22 Nzeri 2009.

Abarimo Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi bahamwe n'icyaha cyo gusuzugura urukiko



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)