Akayabo k’amafaranga y’amibano Padiri wa Paruwasi ya Rwamagana yafatanywe kamenyekanye - #rwanda #RwOT

webrwanda
1

Kuva ku Cyumweru mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro hari bamwe mu bantu batawe muri yombi na RIB, bukeye bwaho muri urwo rugo bafatiwemo, harasatswe hakurwa amafaranga menshi.

Nyuma y’iminsi mike, Padiri Ingabire na we yatawe muri yombi, RIB itangaza ko akurikiranyweho kubika amafaranga menshi yari yibwe n’abandi bantu.

Kuri ubu Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko icyatumye uyu mupadiri afungwa bifitanye isano n’amafaranga menshi yafatiwe iwe aho yabaga ku kiliziya.

Yavuze ko nyuma yo kwakira ikirego cyatanzwe n’umushoramari wibwe amafaranga agera kuri miliyari 1 Frw bikozwe n’abatekamutwe aribwo batangiye iperereza.

Ati “RIB yahise itangira iperereza, iza gufata babiri mu batekamutwe, umwe muri bo akaba yari amaze kubitsa umugabane we Padiri Ingabire, ungana na miliyoni 400 Frw.”

Yakomeje avuga ko uwo mujura amaze kuvuga aho yahishe amafaranga [kwa mubyara we Padiri Ingabire] aribwo RIB yagiye gusaka iwe isangayo ayo mafaranga abitse mu mutamenwa. Icyo gihe na we yahise atabwa muri yombi.

Dr Murangira yakomeje avuga ko kugeza ubu hamaze kugaruzwa agera kuri miliyoni 500 Frw mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo ababigizemo uruhare bose bafatwe n’amafaranga asigaye nayo agaruzwe.

Itegeko riteganya ibyaha n’Ibihano mu ngingo yaryo ya 247 ivuga ku guhisha ibintu bikomoka ku cyaha ivuga ko umuntu wese uhisha ibintu cyangwa igice cyabyo, azi ko byambuwe, byarigishijwe cyangwa bikomoka ku cyaha gikomeye cyangwa icyaha cy’ubugome, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 100 ariko atarenze ibihumbi 300.

Ibihano bivugwa mu gika cya kabiri ni nabyo bihanishwa umuntu wese, ubizi, ubona
inyungu, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ituruka ku kintu cyahishwe gikomoka ku cyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye.

Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana, Ingabire Jean Marie Théophile, yafatanywe agera kuri miliyoni 400 Frw muri miliyari 1 Frw yibwe umushoramari



Tags

Post a Comment

1Comments

  1. Imana ibabarire RIB na Leta by u Rwanda bakomeje kuyikora mu jisho Que Dieu vous pardone

    ReplyDelete
Post a Comment