Nkubiri yahanishijwe gutanga ihazabu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu wa 25 Kamena 2021 nibwo abacamanza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo basomye umwanzuro w’uru rubanza.

Urukiko rwavuze ko Nkubiri ahamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, ndetse rutegeka ko ahanishwa gutanga ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Urukiko kandi rwategetse Nkubiri Alfred kugarurira Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi, Minagri, amafaranga angana na 1.981.938.194 Frw.

Uretse aya mafaranga urukiko rwanategetse Nkubiri guha Minagri amafaranga y’ikurikiranarubanza angana na 500 000 Frw, agasonerwa amagarama y’urubanza angana n’ibihumbi 20 Frw.

Urukiko kandi rwagize umwere Nyiramahoro Théopiste waregwaga icyaha cy’ubufatancyaha mu guhindura inyandiko no gukoresha inyandiko mpimbano, muri iyi dosiye ya Nkubiri.

Inkuru irambuye mukanya




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)