Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana yatawe muri yombi - #rwanda #RwOT

webrwanda
1

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko uyu mupadiri yatawe muri yombi.

Yagize ati “Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana afunzwe na RIB, akurikiranyweho kubika amafaranga menshi yari yibwe n’abantu. Ubu arafunze mu gihe iperereza riri gukorwa.’’

Amwe mu makuru ava mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana avuga ko kuva ku Cyumweru aribwo abantu batandukanye batangiye gutabwa muri yombi, hari urugo rw’umwe mu baturage akanaba bene wabo n’uwo mupadiri rwasanzwemo amafaranga menshi.

Iperereza ngo ryarakomeje birangira bagiye gusaka uyu mupadiri na we asanganwa amafaranga menshi bivugwa ko yari yibwe nawe ahita atabwa muri yombi.

Bivugwa ko umwe mu bafitanye isano na Padiri wari wanamusuye akanarara iwe ariwe wibye ayo mafaranga aza kuyabitsa uwo mupadiri ukuriye Paruwasi ya Rwamagana iherereye muri Diyosezi ya Kibungo.




Tags

Post a Comment

1Comments

  1. Que Dieu pardonne au RIB l offense qu elle vient de commettre envers son serviteur.

    ReplyDelete
Post a Comment