Abanyarwanda batangiye kwitabira ku bwinshi amasomo y’ururimi rw’Igiturikiya - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aya masomo yatangiye gutangwa tariki 5 Nyakanga 2021 yitabiriwe n’abanyeshuri bo muri iyi Kaminuza harimo n’abaturuka mu bindi bihugu birimo u Burundi, Mozambique, Djibouti na Afurika y’Epfo.

Ambasaderi wa Turikiya mu Rwanda, Burcu Çevik, yabwiye Daily Sabah ko amasomo yo kwigisha Igiturikiya ari kuba hifashishijwe ikoranabuhanga kubera amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, nubwo mbere bateganyaga kuzigishiriza mu mashuri asanzwe.

Enes Karaçoban wigisha Igiturikiya muri Kaminuza y’u Rwanda yavuze ko yishimiye cyane ubwitabire bw’abanyeshuri baje kwiga ururimi ndetse avuga ko umubare wabo ukiyongera, cyane ko harimo n’abandi batari Abanyarwanda.

Yakomeje avuga ko abanyeshuri bazanza kwiga icyiciro cya mbere cy’amasomo abanza kwigishwa y’uru rurimi kigizwe n’amasaha 36, bakazakirangiza muri Kanama 2021. Ati “Amabwiriza ya Covid-19 aramutse yorohejwe, nasezeranyije abanyeshuri banjye ko nzabigishiriza mu ishuri.”

Karaçoban avuga ko benshi mu bitabira aya masomo bavuga ko biga uru rurimi ku mpamvu z’amasomo, aho bateganya ko bazajya kwiga muri iki gihugu bakoroherwa no gutumanaho, mu gihe abandi bavuga ko bizabafasha gukora ubucuruzi. Yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyiza gifite umutekano ku buryo ari ahantu heza ho gukorera ubucuruzi no kwagura iterambere rishingiye ku muco.

Yagize ati “Maze amezi abiri ndi mu Rwanda, nahabonye ibyiza byinshi. Nahuye n’abantu batandukanye mu Rwanda ndetse baramfasha cyane. Nanagize amahirwe yo guhura n’abanyeshuri barangije kaminuza muri gahunda ya leta [Turikiya] yo guha amahirwe abanyeshuri yo kwiga muri kaminuza zo muri Turikiya. Baramfashije cyane kuva nahagera.”

Mu ntangiriro za 2021, leta ya Turikiya yahaye amahirwe abanyeshuri bo mu Rwanda 200 amahirwe yo kwiga muri kaminuza zaho zikomeye, mu byiciro bitatu birimo icya Mbere cya Kaminuza (Bachelor Degree), icya Kabiri (Masters) ndetse n’icya Gatatu (PhD).

Cevik yavuze ko mu myaka itandatu Turikiya imaze ifunguye ambasade yayo mu Rwanda, umubano w’ibihugu byombi ugeze ku rwego rushimishije ndetse ko ibihugu byombi bimaze gusinyana amasezerano 20, mu bijyanye n’uburezi, ubucuruzi, ishoramari n’ibindi.

Abanyarwanda bakomeje kwitabira ku bwinshi kwiga ururimi rw'Igiturikiya



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)