Abasoreje ibizamini mu bice biri muri Guma mu Rugo bishimiye uburyo boroherejwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi aba banyeshuri babibwiye IGIHE kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Nyakanga 2021, ubwo bamwe basozaga ibizamini bya Leta bari bamaze icyumweru bakora.

Ishimwe Dorine wigaga muri GS APACOPE usoje icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yagize ati “ Ibizami twabisoje. Byari bikomeye ariko si cyane twagiye tubisubiza neza tugendeye kubyo twigishijwe ku buryo nkeka ko nzatsinda.”

Ishimwe yashimiye uburyo Leta yitaye ku banyeshuri bakoraga ibizamini mu mujyi wa Kigali, bagashyirirwaho imodoka zihariye zibatwara mu gihe umujyi wari muri Guma mu Rugo.

Ati “Byadufashije kugera ku ishuri ku gihe no kugera mu rugo hatabaye akavuyo kenshi. Byanadufashije gusubiramo neza amasomo y’ibizamini twakoraga.”

Isimbi Shalom usoje ibizamini by’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yasabye bagenzi be kuzakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo umubare w’abandura ugabanuke, bazasubukure amasomo mu minsi iri imbere nta nkomyi.

Na we yashimiye Leta yabitayeho muri iki gihe, ikaborohereza kugira ngo ibizamini bigende neza.

Ati “Ibizamini ntabwo byari bikomeye kuko twabonye umwanya wo kwiga neza pe, ahubwo ndashimira Leta yadufashije mu buryo bushoboka bwose kuko yaduhaga imodoka zidutwara n’imiti yica udukoko kugira ngo tutandura Covid-19.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr Bahati Bernard yavuze ko imodoka zashyizweho ngo zitware abanyeshuri bakora ibizamini, zabafashije cyane.

Ati “Imodoka zarabafashje cyane kuko zatumye nta munyeshuri ugira ikibazo cyatuma abura uko akora ibizamini cyangwa ngo bitume asaba ababyeyi be amafaranga y’ishuri. Mu mujyi wa Kigali hari harimo nk’imodoka 20 zabatwaraga.”

Yaboneyeho kubasaba gukomeza kwirinda Covid-19 bafatanyije n’ababyeyi babo.

Ku wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021, ni bwo abanyeshuri basaga ibihumbi 195 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange, amashuri yisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro.

Abanyeshuri bagiye bandika ku myenda yabo bishimira ko barangije ibizamini
Mu gihe cyo gutaha no kujya ku mashuri, abanyeshuri bashyiriweho imodoka zibatwara
Umujyi wa Kigali washyizeho imodoka zisaga 20 zitwara abanyeshuri zibageza cyangwa zibavana ku mashuri aho bakorera ibizamini
Ishimwe Dorine wigaga muri GS APACOPE yavuze ko ubufasha Leta yabahaye bwatumye bakora ibizamini batuje
Isimbi Shalom yavuze ko bagiye gukomeza gufatanya n'abandi kwirinda Covid-19 kugira ngo ubutaha bazasubire ku ishuri nta kibazo
Nubwo bame mu banyeshuri basoje ibizamini bari bamaze icyumweru bakora, hari ibyiciro bigikomeje gukora ibizamini
Aba banyeshuri bari bategereje imodoka muri gare ya Downtown ubwo bari basoje ibizamini
Abanyeshuri bamwe bavuga ko ibizamini basoje byari bikomeye ariko bizeye ko bazabitsinda
Buri munyeshuri cyangwe abakurikiranaga ikorwa ry'ibizamini, mbere yo kwinjira mu modoka yahabwaga umuti wica udukoko

Amafoto: Igirubuntu Darcy




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)