Dr Dre yategetswe kujya yishyura akayabo uwahoze ari umugore we - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iri tegeko rizagumaho kugeza igihe aba bombi bashobora kongera kubana, cyangwa umwe muri bo agapfa cyangwa hakagira urundi rukiko rufata undi mwanzuro.

Tariki 29 Kamena 2020 nibwo Nicole Young yatse gatanya aho yari amaranye imyaka 24 na Dr Dre, kuko barushinze ku wa 25 Gicurasi 1996.

Icyo gihe Nicole Young yavuze ko afite impamvu zitandukanye zitatuma akomeza kubana n’uyu munyabigwi muri Hip Hop, wubatse izina no mu gutunganya indirimbo, amushinja kuba yaramuhohoteye.

Yanandikiye urukiko asaba kurenganurwa, agaragaza ko ajya kubana na Dr Dre yahatiwe gusinya amasezerano ajyanye n’imitungo yabo n’uko bagombaga kuzayigabana mu gihe baba batandukanye.

Dr Dre w’imyaka 56 afite umutungo ubarirwa muri miliyoni 820$, akaba yarahakanye ibyo yashinjwe n’uwahoze ari umugore we, akavuga ko ibyo kumuha amafaranga atabyemera kuko bagomba kugabana imitungo bagendeye ku masezerano bagiranye mbere yo kubana.

Dr Dre yategetswe kujya yishyura Nicole Young wahoze ari umugore we miliyoni 3.5$ ku mwaka



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)