Gicumbi:Abaturiye ahubatswe Umudugudu w’icyitegererezo wa Kagugu barasaba guhabwa ingurane bakimuka - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Bamwe mu baganiriye na TV1 bavuga ko babangamiwe n’uburyo bamaze igihe kirekire batari bahabwa amafaranga yabo mu gihe ubuyobozi bwababujije gusana inzu zabo.

Bavuga ko hatangira umushinga wo kubaka uyu Mudugudu, abayobozi bababwiye ko abawuturiye bagomba kwimurwa bakajya gushaka ahandi bajya gutura aho batuye hagakoreshwa n’abatuye muri uyu mudugudu.

Nyamara hagiye ngo hagiye gushira imyaka itatu babariwe agaciro k’imitungo yabo ariko batarabishyura mu gihe babujijwe kugira icyo bahindura kandi zimwe mu nzu zabo zaratangiye kwangirika. Ibi bituma badashobora gukora imishinga y’igihe kirekire bitewe n’uko batazi igihe bazimurirwa muri aka gace.

Umwe yagize ati “Ntabwo baranyishyura, bishyuye abantu bashyashya basigamo umukecuru, mbese ayo mafaranga ko bayasinyiye iki ko atatugeraho? Njye ngiye kwiyubakira bushya bitazangiraho ingaruka.”

Undi ati “Baje bagenda batoranya, reba bishyuye abantu Bbamwe basiga iriya nzu yanjye kandi imodoka ni zo zagize uruhare mu kuyisenya; igihande cya ruguru cyaraguye, twababwira ngo baduhe icyangombwa tuyisane itaragwa ngo nimube muretse amafaranga yanyu ari kuza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, bwo buvuga ko impamvu aba baturage batinze kwishyurwa byatewe n’uko gahunda yo kubimura ari igenamigambi ry’igihe kirekire ndetse nta gihe bababwiye ko bazabishyura.

Meya w’Akarere Gicumbi Nadayambaje Felix ati “Icyo twari twakoze ni igenamigambi rirerire kuko twabanje kubaka umudugudu dutekereza ko abawutuye tuzabaha inka cyangwa se amatungo magufi nk’inkoko bakagira ibiraro rusange tukagira ahantu tubishyira.”

Rero twari twabaze ni iki bisaba ariko abaturage tunabasaba ko nubwo tubibaze bakomeza gukoresha ubutaka bwabo ya minsi 120. Igihe tuzahakenera tuzongera tubare igiciro kigezweho tunongereho 5%.”

Yongeyeho ko babwiye aba baturage ko ubutakaka bwabo baba babukoresha cyane cyane ko byahuriranye n’icyorezo cya Covid-19 anashimangira ko nta muturage babariye ngo bamwambure n’ubutaka bwe cyangwa abuzwe kububyaza umusaruro.

Gusa aba baturage basaba ko bahabwa amafaranga yabo bagashaka aho kwimukira ngo bakore imishinga y’igihe kirekire yabateza imbere kubera ko ntayo bakorera aha kandi batazi igihe bazahimurirwa.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)