Kamonyi: Uwa karindwi mu bakekwaho kunyereza umutungo mu iyubakwa ry’amashuri yafashwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nshimiyimana w’imyaka 41 yafashwe nyuma y’uko bagenzi be bari bafashwe ku wa 3 Nyakanga. Uyu rwiyemezamirimo akekwaho uruhare mu inyerezwa ry’umutungo aho yishyuje ibikoresho by’ubwubatsi nk’aho yabiguze hanze kandi yarabikuye mu isambu y’ikigo cy’ishuri rya GS Mukinga ryubakwagwa.

Uyu na bagenzi bakurikiranyweho ibyaha bitanu birimo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano; kunyereza umutungo, gukoresha nabi umutungo ufitiye akamaro rubanda, gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nta ruhushya no kutamenyakanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye.

Ibi byaha byose babikoze mu bihe bitandukanye bakaba baranyereje umutungo ku nyubako z’amashuri yari arimo kubakwa mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi.

Nshimiyamana wafashwe ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko RIB itazigera yihanganira abanyereza umutungo wa leta.

Yagize ati “Ntabwo RIB izihanganira ibikorwa nk’ibi byo kunyereza umutungo kandi bidindiza ibikorwa by’itetambere Leta iba yashyizemo imbaraga.”

Abafashwe bari mu maboko ya RIB aho bategereje ko hategurwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Inkuru bijyanye: Kamonyi: Barindwi bakekwaho kunyereza umutungo wa leta bafashwe

Abafashwe bari mu maboko ya RIB mu gihe bategereje gukorerwa dosiye ngo zishyikirijwe ubushinjacyaha



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)