Kigali: Abazunguzayi badukanye amayeri atuma baca mu rihumye inzego z’umutekano - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bazunguzayi bakunze kuba bafite ibikoresho binyuranye mu ntoki bari kubicuruza, bahinduye umuvuno kuko basigaye babifata bakabishyira mu mwenda bambaye, ku buryo utamwitegereje neza wagira ngo aratwite.

Bamwe mu bazunguzayi baganiriye na IGIHE, bemeza ko aya mayeri bayahimbye kugira ngo babashe kubona uko bacuruza cyane cyane muri iki gihe cya Covid-19 mu rwego rwo kwirinda ko bakwicwa n’inzara.

Bavuga ko bahisemo kujya bakoresha ubu buryo kugira ngo batazajya bamburwa ibyo baba barimo kugurisha.

Uwamwiza Claire yagize ati “Duheka imyenda tuba turi gucuruza cyangwa tukayishyira imbere nk’abatwite kugira ngo DASSO zitayifata zikayitwambura.”

Mukandori Anita we yagize ati “Iyo wihaye gutwara ibintu byawe mu ntoki bose babireba ntabwo ubimarana iminsi kuko bahita babigutwara ahubwo ukoresha ubu buryo imari yawe ukayishyira mu mugongo bakagira ngo n’umwana uhetse cyangwa imbere y’inda kugira ngo bagire ngo uratwite.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Nyarugenge, Nshutiraguma Espérance, we avuga ko bahangayikishijwe n’ubu bucuruzi bukorwa n’abazunguzayi ngo kuko bushobora no kongera ubwandu bwa Covid-19 aho bakorera.

Ati “Abazunguzayi ni ikibazo cyane kubera ko n’ubwo bitanemewe gucururiza mu muhanda bashobora no kuba impamvu yo gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19 kuri ibyo bicuruzwa baba bacuruje mu buryo butari bwo.”

Yongeyeho ko abazunguzayi bahangayikishije by’umwihariko Akarere ka Nyarugenge bafata nk’umutima w’Umujyi wa Kigali.

Bumwe mu buryo bwo kujijisha abashinzwe kurwanya ubucuruzi bwo mu muhanda abazunguzayi bakoresha ni ukwambarira ku byo bacuruza
Bashobora ku kubishyira mu mugongo nk'abahetse abana



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)