Nyamasheke: Ushinzwe umutekano ku kiyaga cya Kivu yafatanywe imyenda ya magendu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mugabo usanzwe ashinzwe gucunga umutekano ku kiyaga cya Kivu mu gice cy’Umurenge wa Kagano, yafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki ya 27 Nyaganga 2021, afatirwa mu Murenge wa Bushekeri.

Bamwe mu baturage babonye ibi biba, yavuze ko uyu mugabo yari afite ibizingo bine by’ibitenge ari kumwe n’abandi bamutwaje.

Ubwo babonaga abasirikare bashinzwe gucunga umutekano, abo bandi birutse we arafatwa, ashaka kubatema akoresheje umupanga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Yvan Munezero yabwiye IGIHE ko bibabaje kuba ushinzwe kurinda umutekano ari we wafatiwe muri iki cyaha.

Ati “Natwe byadutunguye kubona abakaduhaye amakuru aribo babikor, bbivuze ngo dukwiye gushakira amakuru kuri bose.”

Uyu mugabo wafashwe yajyanwe ku kigo cy’Akarere ka Nyamasheke cyakira inzerezi (Transit center) giherereye mu Murenge wa Kagano mu gihe hagikomeje iperereza.

Akagari ka Ngoma ni kamwe mugacishwamo magendu y’imyenda n’ibiyobyabwenge bivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iciye mu kiyaga cya Kivu.

Muri Gashyantare uyu mwaka Polisi ikorera muri aka Karere yatwitse ibiyobyabwenge birimo urumogi ibiro 200 n’ibiro 180 by’amavuta ahindura uruhu azwi ku izina rya Mukorogo, byose byafashwe mu gihe cy’umwaka umwe wa 2020 bivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Magendu zafatiwe mu kiyaga cya Kivu kuri uyu wa Kabiri



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)