Rwamagana: Undi Gitifu w’Akagari yasezeye akazi kubera ubusinzi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibaruwa yo gusezera akazi yayishyikirije ubuyobozi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 28 Nyakanga 2021, akaba yavuze ko ubusinzi aribwo butumye asezera akazi.

Mu ibaruwa IGIHE ifitiye kopi Muhizi yagize ati “Bwana muyobozi, mbandikiye nsezera ku kazi nakoraga k’Ubunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari mu Karere mubereye umuyobozi, bikaba bitewe n’ubusinzi bukunda kungaragaraho, bayobozi nkaba mbasezeranya ko ngiye kuba umuturage mwiza.”

Amakuru agera ku IGIHE ni uko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yafatiwe mu kabari muri ibi bihe Akarere ka Rwamagana kari muri gahunda ya Guma mu rugo ubuyobozi ngo bwari busanzwe bumuziho gukunda agatama cyane bituma ahita asabwa kwandika ibaruwa asezera ku kazi.

Iyo baruwa yanditse ngo ntiyarindiriye kuyandikisha imashini kuko ngo yazaniwe urupapuro n’ikaramu agahita abikorera aho yari aherereye.

Uyu muyobozi yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kane uvuye mu nshingano ze bikavugwa ko bitewe n’ubusinzi nyuma yaho COVID-19 igeze mu Rwanda.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, aherutse kubwira itangazamakuru ko bamaze kwirukana abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari dutatu n’abayobozi b’imidugudu itatu bose bakaba baragiye bafatirwa mu tubari barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Abayobozi bahora bakangurirwa kuba ba nkore neza bandebereho kuko imico mibi itazigera yihanganirwa na rimwe kuko atari yo miyoborere ikenewe.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)