Abana basaga ibihumbi bitatu bakuwe ku muhanda yo mu Rwanda mu bihe bya Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bana bakuwe ku muhanda muri gahunda ya Tubarerere mu muryango igamije guha abana uburere bukwiye butangirwa mu miryango Nyarwanda.

Usibye abakuwe ku muhanda kandi hari ababaga mu bigo ngororamuco bavuye kuri 3 782 bagera kuri 380, ibi bigo byari 34 ubu hasigaye bine gusa.

Umuyobozi w’umushinga Tubarerere mu muryango muri NCDA, Nduwayo James, yabwiye The New Times ko iki kibazo cyahagurukiwe muri ibi bihe bya Covid-19.

Yagize ati “Kuva Covid-19 yagera mu Rwanda twashyize imbaraga mu gusubiza abana mu miryango, aba bana nabo cyabagizeho ingaruka ku buzima ndetse zashoboraga no kugera ku bandi bantu benshi.”

Umuyobozi Mukuru mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred, yavuze ko iyi gahunda yashyizwemo imbaraga kugira ngo abana basubizwe mu miryango yabo babashe kubona ubuzima bwiza.

Ati “Twashyize imbaraga mu gukura aba bana ku muhanda ubu hari abayobozi 11 muri buri karere bashinzwe gukura aba bana ku mihanda. Iyo bamaze gufatwa baraganirizwa bagahabwa ubuvuzi ubundi bagasubizwa mu miryango.”

Yakomeje asaba ababyeyi kwirinda amakimbirane yo mu miryamgo kuko usanga akenshi ariyo atuma abana bajya mu mihanda no mu ngeso mbi.

Mu bana bakuwe mu muhanda harimo Mugisha Eric wo mu Murenge wa Kimisagara akaba yaragiye mu muhanda kubera amakimbirane y’iwabo, amarayo imyaka ibiri ubu yasubijwe mu muryago ndetse ari kwiga ku ishuri ribanza rya Kamuhoza.

Mu gihe gishize Covid-19 igeze mu Rwanda, abana basaga ibihumbi bitatu bakuwe mu muhanda



source : https://ift.tt/3xRuubk

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)