Amafoto: Niba koko uziko waba wararyamanye n' uyu mukobwa ushatse waba urya utwawe hakiri kare , kuko we yiyemerera ko amaze kwanduza sida abagabo barenga 200 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukobwa ukomoka mu gihugu cya Kenya witwa Ruth James yatunguye abantu benshi cyane ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, ubwo yatangazaga ko mu buzima bwe amaze kwanduza agakoko gatera SIDA abagabo barenga 200 bagiye baryamana nawe kuko batajyaga bakoresha n'agakingirizo.

Nkuko ibinyamakuru byo mu gihugu cya Kenya byakomeje kugenda bibyandika, Ruth james ngo yiyemereye ko yanduje abantu barenga 200 agakoko gatera SIDA nyuma y'uko akanduye mu mwaka wa 2019, aho guhera icyo gihe yatangiye kujya aryamana n'abigitsina gabo benshi ndetse ntihagire n'agakingirizo bakoresha ari nabyo byatumaga abanduza indwara ya SIDA yari yaramaze kwandura ndetse ngo yabikoraga mu rwego rwo kutarwara iyo ndwara wenyine.

Uyu mukobwa Ruth James abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, yatangaje ko agiye gushyira hanze amazina y'abagabo bose baryamanye maze akabanduza SIDA kuko ngo hari benshi batazi ko yabanduje iki kinyagwa, Ibi byose akaba agiye kubikora mu buryo bwo kurinda abandi bagore bashobora kuzaryamana n'abo bagabo yanduje ndetse no gufasha abo yanduje aka gakoko batabizi kubimenya bikaba byabafasha kujya kwivuza hakiri kare.

Ruth James asanzwe atuye mu gace kitwa Embakas mu gihugu cya Kenya, uyu mukobwa akaba yatangiye no gushyira hanze amafoto y'abamwe mu bagabo bagiye baryamana nawe bikarangira abanduje agakoko gatera SIDA batabizi kuko atajyaga abemerera ko bakoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda nkuko bisanzwe bigenda ku bantu bagiye gukora imibonano mpuzabitsina batizeranye cyangwa se batinya izindi ngaruka zishobora kubageraho nyuma y'icyo gikorwa.



Source : https://impanuro.rw/2021/08/16/amafoto-niba-koko-uziko-waba-wararyamanye-n-uyu-mukobwa-ushatse-waba-urya-utwawe-hakiri-kare-kuko-we-yiyemerera-ko-amaze-kwanduza-sida-abagabo-barenga-200/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)