Amavuriro yitwaye neza mu kwandika abavutse n’abapfuye yahembwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni umuhango wabaye hifashishjwe ikoranabuhanga witabirwa n’abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel.

Muri iki cyumweru hazakorwa ubukangurambaga ku kamaro k’irangamimerere mu turere twose tw’igihugu.

Minisitiri Gatabazi yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze “gukora ubukangurambaga bwimbitse kuri bose kugira ngo bumve akamaro k’irangamimerere kuko rifasha igihugu gukora igenamigambi riboneye.”

Minisitiri Ngamije yagaragaje ko ahatangirwa serivisi z’ubuzima naho hakenewe kwimakwazwa kwandika irangamimerere.

Yagize ati “Kwandikwa mu irangamimerere kwa muganga bikwiye kumvikana no gufatwa nka serivisi yuzuye kandi itangiwe ku gihe.”

Ibitaro, ibigo nderabuzima n’amavuriro byahize ibindi mu kwandika mu irangamimerere hagendewe ku isesengura ryakozwe ku kwandikira abana bavutse kwa muganga no kwandukura abahapfiriye, byahawe amashimwe muri uwo muhango.

Ibitaro bya CHUB ni byo byahize ibindi mu cyiciro cy’ibya kaminuza, bihembwa miliyoni 4 Frw.

Mu cyiciro cy’iby’intara n’uturere hahembwe bitatu birimo ibya Rwinkwavu byahawe milioyoni 4 Frw, ibya Kirehe byahawe miliyoni 3 Frw, n’ibya Byumba byahawe miliyoni 2 Frw.

Mu bigo nderabuzima hahembwe 10 birimo icyo mu nkambi ya Mahama cyahawe miliyoni 3 Frw, icya Ruli muri Gakenke cyahembwe miliyoni 2,5 Frw 2.500.000, naho icya Mugano cy’i Nyamagabe gihabwa miliyoni 2 Frw.

Ibya Bushara na Munyinya muri Gicumbi, Gisovu cy’i Karongi, Janja muri Gakenke, Kirarambogo muri Gisagara, icya Kicukiro mu Mujyi wa Kigali n’icya Karangazi muri Nyagatare byahembwe miliyoni imwe y’Amanyarwanda buri kimwe.

Mu cyiciro cy’amavuriro yigenga hahembwe Ibitaro bya Croix du Sud biri muri Gasabo, bihabwa miliyoni 3 Frw.

Kwandika irangamimere bifite agaciro mu igenamigambi rya guverinoma, kuko gahunda n’ingamba bitandukanye Leta ishyiraho birishingiraho cyane.

Umwaka ushize nibwo hatangijwe uburyo bwo kwandikira abana bavutse mu bitaro cyangwa amavuriro bavukiyemo, mu kugabanya igihe byatwaraga ngo abaturage bajye kwandikisha ku mirenge.

Kuri ubu abana bavukira kwa muganga bahita bandikwa mu bitabo by'irangamimerere



source : https://ift.tt/3CFLk0s

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)