Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abari bagize komite nyobozi y'ikipe y'akarere ka Muhanga, AS Muhanga beguye ku mirimo yabo kubera umusaruro muke ndetse n'amikoro make ashyirwa muri iyi kipe

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021, nibwo ibaruwa y'ubwegure yatangiye gusakara mu itangazamakuru

Abagize iyi komite bavugako, amikoro make ashyirwa muri As Muhanga ariyo ateza umusaruro muke, uteye ipfunwe akaba ari nawe wateye aba bagabo kwegura.

Aba bagabo beguye AS Muhanga yaramaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri, nyuma y'imyaka itatu yari imaze ivuye yo, mu mwaka ushize w'imikino AS Muhanga yawusoje Idatsinzwe cyangwa ngo inganye umukino n'umwe.

 

Abagize Komite beguye ni Bwana Ndayisaba Jean Damascène wari prezida, Ntivuguruzwa Séverin wari visi perezida, Bisangabagabo Yousouf wari umunyamabanga na Irambona Robert wari CEO.

Komite ya As Muhanga ibaye komite y'ikipe y'akarere ya Gatatu yeguye mu byumweru bitatu bishize, nyuma y'iya Espoir FC ya Rusizi n'iya Musanze FC y'akarere ka Musanze gusa izi ebyiri zo basubijwe mu nshingano.

The post Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/amikoro-make-yatumye-komite-nyobozi-ya-as-muhanga-yegura/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amikoro-make-yatumye-komite-nyobozi-ya-as-muhanga-yegura

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)