Didier Bizimana watoje APR FC yanyomoje uwamubitse - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa 11 Kanama 2021 ni bwo umuntu witwa Muhoza Aline abinyujije kuri Facebook yashyize hanze ubutumwa buvuga ko se yitabye Imana. Ubu butumwa bwari buherekejwe n’ifoto ya Didier Bizimana.

Yagize ati “ Papa ugiye nkigukeneye, gusa Imana ikwakire mu bayo."

Ibi byatumye IGIHE ihamagara Bizimana Didier kuri telefone ye ngendanwa, aritaba na we yemeza ko iyo nkuru yayimenye ndetse anashimangira ko byamubabaje.

Yagize ati “Nanjye ni umuntu w’inshuti yanjye wanyandikiye kuri WhatsApp ndamusubiza ahita ambaza ngo ni Didier turi kuvugana ndemera, yahise ampamagara arambwira ngo hari umuntu yabonye yiyita ko ndi papa we avuga ko napfuye ngo kandi nduhuke neza ngo ngiye bakinkeneye.”

Yavuze ko acyumva iyo nkuru byamutunguye cyane ndetse biranamubabaza.

Ati “Nanjye byambabaje cyane kuko nahise nibaza ngo iyo mba mfite umurwayi mu bitaro akabyumva yari guhita apfa. Ariko nabibajije umuntu wo kuri RIB ambwira ko ari ba batekamutwe bagenda biyitirira abantu bashaka kwiba abantu”

Yaboneyeho gusaba abantu batandukanye kutajya bifuriza abantu ibibi kuko ibintu byose bikorwa n’Uwiteka.

Bizimana Didier, ni umugabo w’abana batandatu wakiniye APR FC imyaka 12 ayivamo ajya muri Kiyovu Sports nyuma yerekeza muri Mukura, aha akaba ariho yarangirije ibijyanye no gukina umupira w’amaguru atangira urugendo rwo gutoza.

Didier Bizimana watoje APR FC yanyomoje aya makuru yavugaga ko yitabye Imana



source : https://ift.tt/3CGBGuu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)