Dr Bihira Canisius yafunzwe na RIB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Dr Bihira Pierre Canisius, yafunzwe n' Urwego rw'Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rumukurikiranyeho icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021, nibwo Dr Bihira wakoreye amabanki atandukanye mu Rwanda, kuri ubu yari ari mu kiruhuko cy'izabukuru, ari Umuyobozi w'Ikigo cyitwa AFADE Ltd, nibwo yatawe muri yombi n' Urwego rw'Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB,

Nk' uko Igihe dukesha aya makuru kibivuga ni uko Dr Bihira w'imyaka 61, yijeje abantu batandukanye ko nibagura imigabane muri AFADE [African Agency for Development and Environmental Project], bazabona inyungu zihuse.

Umuturage watanze amakuru yavuze ko yabonye Dr Bihira kuri televiziyo ari guhamagarira abantu kuzana amafaranga, avuga ko agiye gukora ikigo cy'imari ndetse kizajya gitanga inyungu zihuse.

Yavuze ko Dr Bihira yabwiraga abaturage ko azajya abigira imishinga ku buntu, bagakora ibikorwa bibyara inyungu ndetse akabaguriza binyuze mu mushinga yari yatangije witwa Kanani Project nawo ushamikiye kuri AFADE.

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko ritaganya ibyaha n'ibihano muri rusange

Ingingo ya 174: Kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya

Umuntu wese wihesha umutungo w'undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw'uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Iyo icyo cyaha gikozwe n'umuntu kugira ngo atange impapuro z'inyemezamigabane, z'inyemezamyenda, inyandiko zigereranywa n'amafaranga, imigabane cyangwa indi nyandiko yose ifite agaciro k'ifaranga ari ibya sosiyete y'ubucuruzi, iby'ikigo gicuruza cyangwa iby'uruganda, igihano kiba igifungo kitari munsi y'imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda arenze miliyoni eshanu (5.000.000FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW).

Nyandikira kuri email: [email protected]



Source : https://impanuro.rw/2021/08/26/dr-bihira-canisius-yafunzwe-na-rib/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)