Gicumbi: Umugabo yiyahuye nyuma yo gukubita inyundo umugore we n’umukazana - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Inkuru y’urupfu rw’uyu mugabo Mbikamunda yamenyekanye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 15 Kanama 2021.

Amakuru aturuka mu Murenge wa Rubaya, yemeza ko uyu mugabo wari uzwi mu itsinda ry’abarembetsi we n’abahungu be, yemeza ko yagiranye amakimbirane n’umugore we ahita amukubita inyundo mu mutwe mu buryo bukomeye.

Bivugwa ko Mbikamunda akimara gukora aya mahano umukazana we muri uwo mwanya yatabaye na we ahita amukubita inyundo mu mutwe abona kwiyahura akoresheje umuti bashyira mu myaka witwa kiyoda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubaya, Bayingana Theogène, yemereye IGIHE ko uyu mugabo yiyahuye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umugore we anashimangira ko yari amaze amezi abiri gusa afunguwe.

Yagize ati “Ni byo yiyahuye akoresheje umuti ushyirwamu myaka, ubusanzwe yari umuntu wakunze kurangwa n’ibikorwa by’uby’uburembetsi no gucuruza kanyanga ndetse no kuyitwara kandi yari yarananzwe kenshi ku buryo ubu yari amaze amezi abiri gusa afunguwe kuko ubwo aheruka gufungwa yari yazize gutema inka y’umukuru w’umudugudu ngo kuko yamutanzeho amakuru y’uburembetsi.”

Akomeza avuga ko uyu mugabo Mbikamunda akimara gukora aya mahano we n’umugore we ndetse n’umukazana we bahise bajyanwa mu Bitaro.

Ati “Twahise dutabara tumujyana ku Kigo Nderabuzima cya Rubaya ariko na bo bahita bamwohereza ku Bitaro bya Byumba.”

Yongeyeho ko Umugore wa Nyakwigendera n ‘umukazana we kugeza ubu barembeye mu bitaro bya Byumba aboneraho gushishikariza abaturage kuva mu bikorwa by’uburembetsi nk’abaturiye hafi y’umupaka kuko bitemewe.

Ibiro by'Akarere ka Gicumbi



source : https://ift.tt/3CRgv9j

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)