Harobwe ifi ifite amenye nk' aya bantu #rwanda #RwOT

webrwanda
0
    Isi dutuyemo yuzuyemo ibintu byinshi bitangaje cyane bigenda biboneka uko imyaka ikomeza kugenda yicuma ndetse abantu benshi bakunda gutungurwa cyane nibyo bintu bikunze kuba bitangaje ku rwego rukomeye cyane.
    Ibi bitangaza nibyo byabaye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri leta ya North Carolina, aho harobwe mu mazi Ifi yatangaje abantu benshi cyane ifite amenyo ameze nkayo abantu basanzwe bagira.
    Nkuko amafoto yakomeje kugenda acicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye abigaragaza, umugore witwa Jannette Pier yashyize ku rubuga rwa Facebook ifoto igaragaza igifi kinini cyarobwe mu mazi basanga gifite amenyo nkayo abantu dusanzwe dufite.
    Amakuru akomeza avuga ko iyi fi yarobwe ifite amenyo ameze nk'aya bantu ariyo mu bwoko bwa 'sheepshead', amafi azwiho kugira imirongo myinshi y'ibijigo mu kanwa biyafasha guhekenya ibyo agiye kurya, Iyi fi yashyizwe muri ubu bwoko kubera uburyo kandi umunwa wayo usa n'uw'intama.
    Umugabo witwa Nathan Martin niwe watangajwe ko yarobye iyi fi akaba ari umugabo usanzwe umuntu usanzwe akunda cyane ibintu byo kuroba amafi atangaje cyane.
    Uyu mugabo Martin yavuze ko yahoranye icyizere cyo kuzaroba ifi ya 'sheepshead' kugeza ubwo yagiraga atya akaroba iyi ifite amenyo yuzuye akanwa ndetse akaba yakomeje avuga ko byari intambara nziza ubwo barwanaga niriya fi mbere y'uko bayifatisha indobani, ni ibintu byiza kuba twarayifashe kandi biraryoshye.
    Abantu batandukanye batunguwe niyi fi yarobwe ifite amenyo nk'aya bantu, aho hari abanditse bavuga ko wasanga amenyo dufite ariho yakomotse, naho abandi bakaba bavuze ko iriya fi ifite amenyo meza kurusha ayabo.



Source : https://impanuro.rw/2021/08/06/harobwe-ifi-ifite-amenye-nk-aya-bantu/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)