Muhanga: Umugabo wakekwagaho kwica umugore we yasanzwe yapfuye amanitse mu giti - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Tariki ya 7 Kanama 2021 ni bwo uwo mugabo w’imyaka 32 wo mu Mudugudu wa Gakondokondo, yavuzweho kwica umugore we witwa Murereramana Gloriose w’imyaka 40 amutemesheje umuhoro bapfa inka baragijwe.

Amakuru ava mu baturanyi b’uyu muryango avuga ko wari usanzwe ufitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo. Uwo mugabo ngo yatemye umugore we amuziza ko yari yanze ko agurisha inka baragijwe na nyirabukwe.

Akimara kwica umugore ew yahise ahunga, ubuyobozi ku bufatanye n’izindi nzego batangira kumushakisha. Ku wa Gatandatu tariki ya 14 Kanama 2021 bamusanze yapfuye amanitse mu giti kuri mu ishyamba ryo ku musozi wa Sholi mu Mudugudu wa Mucyamo mu Kagali ka Sholi Umurenge wa Kabacuzi,.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi, Ndayisaba Aimable, yabwiye IGIHE ko bameye ayo makuru bayabwiwe n’umuturage wamugezeho agiye muri iryo shyamba.

Ati “Twasanze yarimanitse mu giti akoresheje umugozi w’inzitiramubu, kandi n’abaturage bahuye na we ahunga bamubonanye uwo mugozi.”

Yakomeje avuga ko n’ubwo bamubonye kuri uyu wa Gatandatu, bigaragara ko yari amaze igihe yiyahuye kuko umubiri we wari waratangiye kwangirika.

Umuryango wa Nambajimana wahise usaba ubuyobozi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ko babemerera bakamushyingura umurambo udakorewe isuzuma kuko bemeje ko ntawundi ukekwa kuba yaramwishe, ahubwo ko bigaragara ko yiyahiye nyuma yo kwica umugore we.

Hahise hafatwa umwanzuro wo kumushyingura kuri iki Cyumweru. Umurambo w’umugore we nawo wamaze gushyingurwa nyuma yo gukorerwa isuzuma.

Nambajimana n’umugore we Murereramana babyaranye abana babiri kandi bari barasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ibiro by'Akarere ka Muhanga mu Ntara y'Amajyepfo

[email protected]




source : https://ift.tt/3shkBT8

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)