Nyamirambo: Impanuka y’ikamyo yari itwaye umucanga yahitanye umwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Kanama 2021, nibwo iyi Kamyo yari itwaye umucanga yaje kubura feri iramanuka igonga umusore ndetse n’umucanga yari itwaye umumenekaho. Yamugonze imusanze mu nzira yagenewe abagenzi ahita ashiramo umwuka.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka babwiye IGIHE ko yatewe n’uko ikamyo yacitse feri banashimangira ko uwari uyitwaye yahisemo kuyiyoborera mu ruhande rwari rurimo uwo musore yahitanye kugira ngo idahitana abantu benshi.

Uwitwa Kabera Viateur yagize ati “Urabona igikamyo cyaturukaga iriya ruguru noneho kuko cyari cyacitse feri nabonye umushoferi yanze kukiyobora mu nzu z’abaturage ngo kitica abantu benshi ahubwo akijyana muri ruriya ruhande uriya musore yari arimo kuko rutarimo abantu benshi ni bwo cyamukubise n’umucanga wose umujya hejuru arapfa.”

Uretse nyakwigendera wahitanwe n’iyi mpanuka, hanakomerekeyemo abantu batatu bari barimo n’umushoferi wari uyitwaye ku buryo bo bahise bajyanwa kwa muganga n’imodoka y’umurenge wa Nyamirambo.

Iyi kamyo bivugwa ko yari yacitse feri yagonze umusore ahita apfa



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)