Polisi yagaragaje ubukana bw’impanuka n’ibindi byaha bibera mu mazi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye, yagaragaje ko impanuka iyo zabaye akenshi usanga byaturutse ku buteganye bucye bw’abashinzwe gutwara abantu mu mazi, aho mu kwezi kwa Nyakanga 2021 mu kiyaga cya Kivu habereye impanuka 4, ebyiri muri zo zikaba zaraguyemo abantu.

ACP Mwesigye yavuze ko impanuka zo mu mazi ziba zitandukanye n’izibera mu mihanda kuko mu mazi iyo utazi koga byanze bikunze witaba Imana kuko amazi yica vuba cyane mu gihe ubutabazi bwo mu mazi bukunda kugorana.

Yagize ati” Impanuka zo mu mazi nubwo zidakunze kuba kenshi ariko ziba ari mbi cyane kuko zitandukanye n’izibera mu muhanda. Mu mazi akenshi ubwato buracubira kandi iyo umuntu yarohamye mu mazi mu minota 6 gusa aba amaze kwitaba Imana kuko amazi aba yagiye mu bihaha ntabone umwuka wo guhumeka.”

Yavuze ko akenshi izi mpanuka zituruka ku muyaga mwinshi uteza umuhengeri, ubuteganye bucye bw’abatwara ubwato, kuba utwaye ubwato atabanje kugenzura ikirere n’ubuziranenge bw’ubwato,kuba hari abajya mu bwato kandi batazi kubutwara neza kuba hari abagenzi bajya mu bwato batambaye umwambaro wabugenewe ubafasha kudacubira igihe habaye impanuka (Life Jacket) n’ibindi bitandukanye.

Yagize ati” Izo mpanuka zakwirindwa igihe ugiye mu mazi yabanje gutekereza uko agiye kuyajyamo, akamenya uko aza kubyitwaramo haje umuhengeri n’umuyaga mwinshi. Umusare akabanza kureba uko ukirere kimeze kugira ngo aze kubasha guhangana n’umuhengeri, kubanza akagenzura ko ubwato nta kibazo bufite kuko hari iherutse kuba bitewe n’uko moteri yahagaze, hari niyigeze kuba ubwato buhita bucubira mu mazi. Hari n’impanuka yabaye ubwato butwaye inka ziza gutobora ubwato gusa k’ubwa amahirwe inka zo zizi koga zahise zivamo zijya i musozi.”

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi yongeye gukangurira basare kujya babanza kwambambika abagenzi amajire yabigenewe atuba bareremba (Life jacket) n’ibindi bintu bafata igihe habaye impanuka bikababuza gucubira, kwitwaza amatara abaha urumuri n’ibindi bikoresho. Yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihorana itsinda ry’abapolisi bahora biteguye gutabara igihe cyose habaye impanuka.

Ati” Hari nimero za telefoni twahaye abaturage cyane cyane abakora ingendo zo mu mazi zo kujya bahita bahamagara igihe habaye ikibazo. Natwe nk’ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi tuba dufite ikipe y’abapolisi bafite ibikoresho byose biteguye kuba bajya gutabara ahabaye impanuka.”

Ku wa Gatatu tariki ya 11 Kanama itsinda ry’abapolisi 12 bahora biteguye gutabara abagize impanuka yo mu mazi no gushakisha ibyatakayemo barangije amahugurwa.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye



source : https://ift.tt/2Xx636L

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)