Rusizi: Abaturage baterwa ipfunwe no gufata udukingirizo ku karubanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umwe mu baganiriye na TV1 yagize ati “Agakingirizo nagafata, ariko hariya [dushyirwa] biba biteye isoni [kujya kugafata] kudufatira mu ruhame ntabwo byoroshye.”

Undi mugore yunzemo ati “Sinahagarara [aho dutangirwa], byonyine n’uwambona yavuga ngo buriya ari gukora iki? Sinanahareba, mpanyura ngenda ndeba hirya.”

Umukozi utanga udukingirizo mu Murenge wa Kamembe, Nsabiyaremye Cassien, yavuze ko udukingirizo dukunze gusabwa n’urubyiruko, kandi umubare munini ukaza kutureba nijoro.

Ati “Umuntu akubwira ngo ‘njye mba numva ntagenda ari ku manywa’ [ngo njye gufata agakingirizo], ariko na wa muntu wumva atari buze hano, kubera ko [aka kazi] ari inshingano zanjye, iyo we ambwiye ko atari buze hano, ashobora kumbwira aho ari nkatumushyira.”

Gahunda yo gushyira udukingirizo mu bice bihuriramo abantu benshi yagiyeho mu rwego rwo gufasha abifuza gukora imibonano mpuzabitsina ariko badafite ubushobozi bwo kwigurira udukingirizo cyangwa se badashobora kutubona hafi.

Iyi gahunda kandi yari igendereye kugabanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, cyane cyane ku bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura izo ndwara, barimo abagore n’abagabo bakunze gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo batashakanye.

Abaturage bo mu Mujyi wa Rusizi bavuze ko baterwa ipfunwe no kujya gufata udukingirizo tuba turi ahantu hagaragarira abantu benshi



source : https://ift.tt/3CRKkXp

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)