Umukobwa yibye telefoni ihenze ya nyirabuja kugira ngo ashimishe umukunzi we #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukobwa witwa Rebecca Isiche Elumbe ukomoka mu gihugu cya Kenya,yakoze amahano yiba ibintu by'agaciro birimo na telefoni bya nyirabuja arangije abijyana ku mukunzi we kugira ngo amushimishe.

Uyu mukobwa wakoraga mu rugo muri Kenya,yacunze abakoresha batari mu rugo niko kubiba karahava kugeza no kuri Telefoni ya nyirabuja.

Mu byo yibye harimo imikufi ifite agaciro k'amashiringi 300 000 Sh (2750 $) na 90 000 Sh (825 $),na telefoni y'ibihumbi 40 by'amashilingi ya Kenya.

Nyirabuja wa Rebecca witwa Maryann Abdi atuye ahitwa Langata mu mujyi waNairobi,yavuze ko uyu mukozi we yamwibye kuwa 02 Kanama 2021 ahita ajya kurara ku mukunzi we witwa Kennedy Kimanthi.

Uyu musore ngo yahawe n'uyu mukunzi we amashilingi 1000 n'iriya telefoni ihenze hanyuma uyu mukobwa ahita ahungira ahitwa Eldoret.

Madamu Abdi yavuze ko yageze mu rugo asanga igikapu cye cyarimo ibi bintu bihenze yari yaguze ahita ajya kurega kuri sitasiyo ya polisi ya Langata byatumye Polisi yose itangira gukora iperereza uyu mukobwa afatwa afite igikapu kirimo imyenda yari yaguze mu mafaranga yibye.



Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umukobwa-yibye-telefoni-ihenze-ya-nyirabuja-kugira-ngo-ashimishe-umukunzi-we

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)