Umupasiteri yashatse kwigana Yesu Kiristo bimuviramo kubura ubuzima bwe #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihugu cya Zambia, haravugwa inkuru y'umugabo witwa James Sakala w'imyaka 22 y'amavuko, wari usanzwe ari umuvugabutumwa mu idini rya Zion Church washatse kwigana ibyo Yesu umwana w'Imana yakoze ariko birangira uyu mugabo abuze ubuzima bwe.

Nkuko ibinyamakuru bitandukanye byo mu gihugu cya Zambia byakomeje kugenda bibyandika, uyu mugabo Sakala yafashe ikanzu y'umweru ndetse na rugabire arabyambara arangije abwira abayoboke yigishaga ko agiye gukora nk'ibyo Yesu Kiristo yakoze, Yahise asaba aba bayoboke be kumufata bakamuhamba ari muzima kuko nyuma y'iminsi itatu azahita azuka nkuko Yesu yazutse.

Uyu muvugabutumwa Sakala mbere yo guhambwa ari muzima yabwiye abayoboke be kwegera hafi y'imva yari yicukuriye ubwe maze atangira kubigisha ijambo ry'Imana.

Sakala yagize ati'Mwese mwegere hino kuko mufite ukwizera gucye mwe, ndifuza ko mumpamba ndi muzima kuko nyuma y'iminsi itatu yonyine nzahita nzuka nkava mu bapfuye nkagaruka ndi muzima nkuko Yesu Kiristo umwana w'Imana yagikoze ndetse nkazahita mba umuntu wa kabiri ubikoze nyuma ya Yesu'.

Abayoboke be babanje kwanga ibyo abasabye ndetse bamwe muribo bagira ubwoba bwinshi, ariko nyuma baje kwemera ibyo abasabye maze baramuhamba, Uyu Sakala akaba yari asanzwe asanzwe ari umuyobozi mukuru w'urusengero Zion Church ndetse akaba yari n'umuvuzi wa gakondo ndetse n'umupfumu.

Amakuru akaba avuga ko Sakala yakoze biriya agamije guhinduka umuyobozi mukuru w'abanyabitangaza ku isi, ndetse ngo yizeraga neza ko naramuka azutse akava mu bapfuye azaba abaye umwe rukumbi ubikoze nyuma ya yesu.

Mbere yuko ahambwa yabajijwe ikimuteye gukora ibyo, avuga ko mbere yuko Yezu abambwa, yavuze ko abazizera izina rye nawe bakamwizera by'ukuri bazajya bakora ibyo yakoze nk'ikimenyetso cyo kumuzirikana.

Akimara kuvuga ibyo yaragiye aryama mu mva maze bazana ibitiyo baramutaba neza bamurenzaho itaka rimurengaho ndetse abamushyinguye babikoze baririmba indirimbo nyinshi zo murusengero rwe, bavuga amasengesho menshi bategereje igitangaza cy'Imana ariko byose byaje gupfa ubusa kuko atigeze azuka.

Hashize iminsi itatu Sakala atazutse, Abayoboke be bamwihambiye bihutiye kujya kumutaburura gutaburura kugira ngo barebe niba yaba akiri muzima gusa baje gusanga umugabo yarapfuye kera ndetse kuri ubu abashinzwe umutekano mu gihugu cya Zambia bakaba bakomeje guhiga bukware umuntu wari mu gikorwa cyo guhamba uyu muvugabutumwa wigereranyije na Yesu bikamuviramo urupfu.



Source : https://impanuro.rw/2021/08/12/umupasiteri-yashatse-kwigana-yesu-kiristo-bimuviramo-kubura-ubuzima-bwe/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)