Umutingito udasanzwe wishe abarenga 300 muri Haiti - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abantu 304 bamaze kumenyana ko bitabye Imana, ariko amakuru akavuga ko umubare w’abapfuye ushobora kuba uri hejuru y’uwo. Abandi barenga 1800 bari kuvurirwa mu bitaro nyuma yo gukomeretswa n’uwo mutingito.

Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Ariel Henry, yavuze ko Leta izakora ibishoboka byose mu gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’uyu mutingito, nubwo abatavuga rumwe na Leta bavuze ko ayo masezerano adafite ishingiro kuko ibikorwa bya ruswa n’umutekano muke bituma umutungo usanzwe ugenewe iterambere ry’abaturage unyerezwa, ari nayo mpamvu Haiti, iherereye ahantu hakunze kwibasirwa n’imitingito ndetse n’imiyaga ikomeye, idafite uburyo buhamye bwo kwirwanaho mu gihe cy’ibiza.

Iki gihugu cyari kigihanganye n’ingaruka z’umutingito wabaye mu 2018 uri ku gipimo cya 5.1, ugahitana abantu 12 mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Icyakora uyu mutingito wari agatonyanga mu Nyanja ugereranyije n’uwari wabaye mu 2010, wari ku gipimo cya 7.1, ukaba warahitanye abantu barenga 200, abandi barenga ibihumbi 300 bagakomereka, mu gihe abarenga miliyoni 1.5 bavuye mu byabo, mu gihe 60% by’ibitaro byangiritse muri uwo mutingito.

Iki gihugu kiracyari mu guhangana n’ingaruka z’uyu mutingito ndetse n’uyu wabaye, wasenye nyinshi mu nyubako za Leta zirimo amashuri n’ibitaro byari bimaze imyaka irenga 10 bikorerwamo ariko bitarasanwa neza.

Ku rundi ruhande, Haiti yinjiye mu bihe bidasanzwe bizamara ukwezi, mu gihe kandi iki gihugu kimaze igihe gito gipfushije Perezida Jovenal Moise wishwe arasiwe mu rugo rwe.

Umutingito udasanzwe wahitanye abantu barenga 300 muri Haiti



source : https://ift.tt/3g5bBf5
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)